Gen. Dagalo uhanganye n’Igisirikare cya Sudani yaba yarakomerekejwe

General “Hemetti” amaze igihe atarimo kugaragara, aho bivugwa ko usibye interviews nke yatanze kuri terefone kuri televiziyo z’Icyarabu, no kugaragara gato ari imbere y’uruhererekane rw’imodoka z’abarwanyi be mu mashusho yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga, uyu muyobozi w’umutwe wa RSF yagumye mu gicucu kuva muri Mata 15 intambara itangira ahanganyemo n’Ingabo za Sudani (FAS), ziyobowe na Gen. Abdel Fattah Al-Bourhane .

Mu gihe ingabo za leta zagize ifatwa rye, yaba ari muzima cyangwa ari umupfu, intego yazo ya mbere, ibihuha biragenda byiyongera ku bijyanye n’ibikomere ashobora kuba yaratewe n’amabombe y’Igisirikare cya leta nk’uko iyi nkuru dukesha ikinyamakuru Le Monde ivuga.

Ikimenyetso cye cya nyuma cy’ubuzima ni ubutumwa bwoherejwe kuri WhatsApp mu mpera za Gicurasi, busaba abasirikare be gukomeza kurwana “kugeza batsinze cyangwa kugeza babaye abahowe Imana”.

Kuba ariko “Hemetti”, amazina ye nyakuri, Mohammed Hamdan Daglo,akomeje kutagaragara ku rugamba, ntibibujije ko poropagande ze zikomeje gukwira Isi yose. Kuva mu myaka itari mike ishize, no kuva intambara yatangira, RSF yibanze ku bikorwa byo kubaka isura yayo nziza ku rwego mpuzamahanga.

Nyuma yo kuzenguruka mu mirwa mikuru itandukanye muri Afurika, umujyanama wa RSF mu bya politiki, Youssef Ezzat, yerekeje i Burayi mu ntangiriro za Kamena. I Paris, yakiriwe muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, nk’uko urubuga rwa Africa Intelligence rubitangaza, mbere yo kwerekeza i Londres na Berlin.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *