Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yahaye umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine amasaha 48 yo kuba yishyikirije Polisi, atabikora agafatwa nk’inyeshyamba.
Uyu musirikare yabitangaje binyuze mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X yari amaze igihe atandikaho.
Yagize ati: ” Ku bijyanye na Kabobi (izina akunze kwita Kyagulanyi), umutsinzwi uhoraho, ndamuha amasaha 48 yonyine ngo abe yamanitse amaboko imbere ya Polisi. Natabikora, tuzamufata nk’umuntu utubahiriza amategeko/inyeshyamba kandi tuzamwitaho uko bikwiye.”
Gen. Muhoozi yatangaje ibi mu gihe Bobi Wine amaze igihe atangaza ko kuva ku wa 15 Mutarama ubwo muri Uganda habaga amatora y’Umukuru w’Igihugu, ari guhigwa n’ingabo z’iki gihugu ndetse ko zo na Polisi ya Uganda bagose urugo rwe.
Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize uyu mugabo abinyujije ku rubuga rwe rwa X yatangaje ko yashoboye gutoroka urugo rwe akerekeza “ahantu hizewe”.
Komisiyo y’Amatora muri Uganda ku Cyumweru tariki ya 18 Ukuboza yatangaje ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni umaze imyaka 40 ku butegetsi ari we watsinze amatora, nyuma yo kugira amajwi 71.65%.
Kyagulanyi wabaye uwa kabiri n’amajwi 24%, yamaganiye kure ibyavuye muri ariya matora, avuga ko yabayemo uburiganya bityo ko adashobora kwemera ibyayavuyemo.




