Uruhare rwo kurenga ku ihagarikwa ry’imirwano, ibitero bikomeje ndetse n’imirwano ibera muri Kivu y’Amajyepfo, muri DRC ntirushobora gushyirwa ku Rwanda nk’uko byatangajwe na guverinoma yamaganye Igisirikare cya Congo (FARDC) n’Igisirikare cy’u Burundi (FDNB), hamwe n’ihuriro ry’imitwe yitwara gisirikare ishyigikiwe na DRC, ya FDLR, Wazalendo n’abacanshuro b’abanyamahanga, kandi bakaba barateye ibisasu mu midugudu y’abasivili hafi y’umupaka w’u Rwanda, AFC/M23, ivuga ko yahatiwe gusubiza.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na minisiteri y’ububanyi n’amahanga kuri uyu wa Gatatu, itariki 10 Ukuboza 2025, rivuga ko “Kubera icyumweru gishize ibisasu biterwa i Kamanyola biva mu Burundi, abaturage ba Congo barenga 1000 bahungiye ku mupaka berekeza i Bugarama, mu majyepfoy’u Rwanda, aho bacumbikiwe mu Nkambi y’Agateganyo ya Nyarushishi. Igisirikare cy’u Burundi cyakusanyije ingabo zigera ku 20.000 muri Kivu y’Amajyepfo zikorera Guverinoma ya DRC, kandi zigota imidugudu y’Abanyamulenge muri Minembwe mu rwego rwo gushaka kwicisha inzara abaturage.”
Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko DRC yatangaje yeruye ko itazubahiriza ihagarikwa ry’imirwano iryo ari ryo ryose, kandi ko irwanira kongera gufata uturere twigaruriwe na AFC / M23, nubwo inzira y’amahoro yasubukuwe. Ngo byinshi kuri uku gukomeza gushaka igisubizo cya gisirikare byamenyeshejwe Umuryango Mpuzamahanga, nubwo bafite uburyo bwabo bwo kugenzura, kandi amakuru menshi araboneka ku mugaragaro. Umuryango Mpuzamahanga ntiwigeze usaba ko ibyo bitero byateguwe amezi menshi na RDC bigakorwa mu cyumweru gishize byahagarikwa.
Byongeye kandi, ngo “kuba DRC yarananiwe guhagarika FDLR nk’uko biteganijwe mu masezerano y’amahoro yo muri Kamena 2025 bikomeje kudindiza gukemura amakimbirane mu Burasirazuba bwa DRC, intego nyamukuru y’Amasezerano y’i Washington. Ubu biragaragara ko DRC itigeze yitegura guharanira amahoro, nubwo Perezida Tshisekedi yitabiriye umuhango wo ku itariki ya 4 Ukuboza, nkaho yahatiwe gushyira umukono ku masezerano”.
Itangazo ryongeraho ko: “Uku kurenga nkana ku masezerano aherutse kumvikanwaho ni inzitizi zikomeye zibangamira amahoro, bigatuma abaturage bakomeza kubabazwa mu burasirazuba bwa DRC, ndetse n’ikibazo ku mutekano ku mupaka w’iburengerazuba w’u Rwanda”.
Iri tangazo risoza rivuga ko gushyira mu bikorwa byuzuye amasezerano aherutse gushyirwaho umukono ari ikintu cyihutirwa, kimwe no gusoza imigereka isigaye y’amasezerano ya Doha hagati ya DRC na AFC / M23. Ngo iyi niyo nzira ifatika iganisha ku mahoro, ituze n’amajyambere mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Urebye Guverinoma y’u Rwanda irasa nk’isubiza ijambo Perezida Tshisekedi aherutse kugeza ku baturage ashinja u Rwanda kurenga ku masezerano yashyizweho umukono i Washington, ndetse no gusubiza ikiganiro minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi, Edouard Bizimana, aherutse kugeza ku badipolomate ashinja u Rwanda kurasa ku butaka bw’u Burundi.




