Hatangajwe umubare mbumbe w’abo muri hamas wahitanwe n’ibitero bya Israel

Minisiteri y’ubuzim irangajwe iyobowe na Hamas, ivuga ko ubu Abanyapalestina barenga 30.000 biciwe i Gaza kuva ku ya 7 Ukwakira 2023.

Uyu mubare uhwanye na 1,3% by’abaturage miliyoni 2.3 batuye kuri ubu butaka. Minisiteri ivuga ko benshi mu bishwe ari abagore n’abana.

Umubare nyawo w’abapfuye ushobora kuba mwinshi cyane kubera ko harimo abatigeze bagera mu bitaro, muri bo hakaba harimo abantu ibihumbi n’ibihumbi by’abasigaye mu matongo batahunze.

Abantu barenga 70.000 bakomeretse ni bo minisiteri y’ubuzima ya Gaza (MoH) imaze kumenya bakaba bakomeje guhabwa ubutabazi.

Ku wa gatatu, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye OMS, yavuze ko abana batandatu bapfuye bazize umwuma ndetse n’imirire mibi mu bitaro byo mu majyaruguru ya Gaza. Babiri bari mu bitaro bya al-Shifa mu mujyi wa Gaza na bane bari mu bitaro bya Kamal Adwan mu mujyi wa Beit Lahia.

Kugeza ubu nta cyizere cyo kuba izi mpfu zagabanyuka keretse intambara iramutse irangiye cyangwa igahagarara.Ni mu gihe Joe Biden wa Amerika avuga ko muri iyi minsi hashobora kuba agahenge.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *