Kuri iki Cyumweru, itariki 24 Ugushyingo 2024, Hezbollah yarashe ibisasu bya roketi n’ibindi bisasu bigera kuri 250 muri Israel, bikomeretsa abantu barindwi muri rimwe mu irasa rikomeye ry’uyu mutwe witwara gisirikare mu mezi ashize, mu rwego rwo gusubiza igitero cya Israel i Beirut mu gihe abandi bakomeje gusaba guhagarika imirwano.
Zimwe muri roketi zageze mu gace ka Tel Aviv rwagati muri Israel.
Hagati aho, igitero cya Israel ku kigo cy’ingabo cyahitanye umusirikare wo muri Libani gikomeretsa abandi 18 mu majyepfo y’iburengerazuba hagati ya Tire na Naqoura, nk’uko Ingabo za Libani zabitangaje. Igisirikare cya Israel cyagaragaje ko cyicujije, kivuga ko igitero cyabereye mu gace k’imirwano yo kurwanya Hezbollah kandi ko ibikorwa by’ingabo bigamije gusa kurwanya abarwanyi.
Ibitero bya Israel bimaze guhitana ingabo zirenga 40 za Libani kuva intambara yatangira hagati ya Israel na Hezbollah, nubwo Ingabo za Libani zakomeje kutivanga mu mirwano nk’uko iyi nkuru dukesha Associated Press ikomeza ivuga.
Minisitiri w’Intebe w’agateganyo wa Libani, Najib Mikati, yamaganye igitero giheruka avuga ko cyarenze ku gahenge kayobowe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, avuga ko ari “ubutumwa butaziguye, bw’amaraso burwanya umuhate wose n’imikoranire ikomeje” kugira ngo intambara irangire.



