1536x864_cmsv2_02193118-d038-58f2-9c3d-58a7a9d58ab0-9518432

Hong Kong: Indege y’imizigo yakoze impanuka yururuka 2 yasanze ku butaka barapfa

Ubuyobozi bwavuze ko abantu babiri bapfuye nyuma y’uko indege y’imizigo igonze imodoka ikanyerera ikarenga umuhanda indege zigwaho ikinjira mu nyanja mbere y’uko bucya neza kuri uyu wa Mbere.

Ishami rishinzwe indege za gisivili muri Hong Kong ryatangaje ko indege ya Boeing 747 (flight EK9788) y’imizigo yari ivuye mu Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu “yarenze inzira zigwaho yo mu majyaruguru nyuma yo kugwa ikarohama mu nyanja”.

Iri shami ryongeyeho riti: “Amakuru y’ibanze yerekana ko abakozi bane bari mu ndege barokowe maze boherezwa mu bitaro, mu gihe abakozi babiri bari ku butaka bagizwe ingaruka maze bagwa mu nyanja.”

Ubuyobozi bwavuze ko iyi ndege bikekwa ko yagonze imodoka yari ku butaka, nayo yaguye mu nyanja.

Umugabo wari mu modoka iri ku butaka, ufite imyaka 30, byemejwe ko yapfiriye aho, mu gihe undi ufite imyaka 41 yapfuye nyuma yo kujyanwa mu bitaro.

Igice kigwaho indege cyo mu majyaruguru y’ikibuga cyafunzwe by’agateganyo mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, mu gihe izindi nzira ebyiri zikomeza gukora.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *