Huye: Umusore w’imyaka 25 ushinjwa gusambanya mubyara we w’umwana yaburanye

Mu cyumba cy’iburanisha cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye haburanishirijwe urubanza Ubushinjacyaha buregamo umugabo w’imyaka 25 wasambanije umwana w’umukobwa w’imyaka 9 y’amavuko, abereye mubyara we.

Bivugwa ko icyo cyaha cyakozwe ku wa 29/09/2024 mu Kagari ka Butara, Umurenge wa Kigoma, Akarere ka Nyanza, aho uregwa yari yararanye n’uwo mwana ku buriri bumwe.

Mu iburanisha, uregwa yemera icyaha, akavuga ko yabitewe n’inzoga; akabisabira imbabazi nk’uko iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ivuga.

Ubushinjacyaha bwamusabiye igihano cy’igifungo cya burundu hashingiwe ku biteganywa n’ingingo ya 4 y’Itegeko Nº 69/2019 ryo ku wa 08/11/2019 rihindura Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Biteganyijwe ko uru rubanza ruzasomwa ku itariki ya 16 Ukuboza 2024 i saa cyenda z’amanywa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *