csm_UBUSHINJACYAHA__HUYE_67668d60e7 (1)

Huye: Urukiko rwashyikirijwe dosiye iregwamo umusore ukekwaho kwica mugenzi we

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye kuwa 28 Ukwakira bwashyikirije Urukiko Rwisumbuye rwa Huye dosiye iregwamo umusore w’imyaka 19 ukekwaho kwica mugenzi we w’imyaka 32 amukubise ibuye mu mutwe.

Icyaha cyabaye ku itariki ya 20/10/2025, ahagana saa Saba z’ijoro, mu Mudugudu wa Nyamiyaga, Akagari ka Kimana, Umurenge wa Musha mu Karere ka Gisagara, mu kirombe aho barimo gupakira imodoka umucanga.

Mu ibazwa rye nk’uko bitangazwa n’Ubushinjacyaha Bukuru, uregwa yemeye ko yamukubise ibuye mu mutwe agahita apfa nyuma y’uko bari bamaze gutongana bakabakiza. Asobanura ko yabitewe n’umujinya yatewe n’uko bari bamubujije gupakira umucanga.

Icyaha cy’ubwicanyi akurikiranyweho kiramutse kimuhamye yahanishwa igifungo cya burundu, nk’uko biteganywa n’ingingo y’107 y’Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *