18356075_Maduro-img

Ibyo Maduro wagejejwe bwa mbere mu rukiko yavuze ku byaha ashinjwa na Amerika

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Mbere zagejeje imbere y’ubutabera bwazo Nicolas Maduro zahiritse ku butegetsi muri Venezuela n’umugore we, Cilia Flores; bombi bahakana ibyaha zibashinja.

Maduro n’umugore we batawe muri yombi n’ingabo za Amerika zabasanze iwabo mu rugo, mbere yo kugezwa mu rukiko rw’i New York ejo ku wa Mbere.

Mu rukiko Maduro yashimangiye ko arengana, ubwo umucamanza yari amaze kumubaza imyirondoro ye no kumusomera ibyaha aregwa, birimo umugambi wo gukora iterabwoba biciye mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge.

Maduro yasubije ko “Ndi umugabo w’indakemwa nkaba Perezida w’igihugu cyanjye. Ndarengana. Nta cyaha na kimwe cyagaragajwe hano nemera.”

Umugore we, Cilia Flores, na we yashimangiye ko arengana ubwo yabasabwaga kugira icyo avuga ku byaha aregwa, ati: “Ntabwo mbyemera, rwose ndarengana.”

Maduro kandi nk’uko AFP ibivuga, ngo yabwiye umucamanza ko yashimuswe, ati: “Ndi hano narashimuswe guhera ku wa Gatandatu tariki ya 3. Nafatiwe mu rugo rwanjye i Caracas muri Venezuela.”

Umucamanza Alvin Hellerstein yahise amuca mu ijambo, amubwira ko bazagira igihe gihagije cyo kujya muri ibyo.

Ibidasanzwe byabaye ubwo iburanisha ryari rimaze kurangira, ubwo Maduro yateranaga amagambo n’umugabo wari wicaye mu bantu bari baje kumva urubanza wasakuzaga avuga ko Perezida wa Venezuela agomba kwishyura ibyaha yakoze.

Maduro yamusubije ko “ndi imfungwa y’intambara”, mbere yo gusohorwa mu rukiko.

Biteganyijwe ko Nicolas Maduro n’umugore we bazongera kugezwa imbere y’ubutabera ku wa 17 Werurwe uyu mwaka.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *