Kuri uyu wa Gatatu, itariki 27 Ugushyingo 2024, Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) yasabye icyemezo cyo guta muri yombi Min Aung Hlaing wayoboye ihirika ry’ubutegetsi muri Myanmar.
Yavuze ko hari impamvu zifatika zemeza ko uyu wayoboye ihirika ry’ubutegetsi yagize uruhare mu byaha byibasiye rubanda rugufi rw’abayisilamu b’Aba-Rohingya.
Akanama k’abacamanza batatu ubwo kagiye gusuzuma niba hakwiye gusohorwa impapuro zo kumuta muri yombi nk’uko iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ikomeza ivuga.
Ni iki kindi kizwi ku cyifuzo cya ICC?
Khan yavuze ko kwirukanwa abantu mu gihugu no gutotezwa biri mu byaha aregwa.
Yavuze ko byakozwe n’ingabo za Myanmar zizwi ku izina rya Tatmadaw, zishyigikiwe n’abapolisi b’igihugu n’abarinda umupaka ndetse n’abaturage batari Abanya-Rohingya bo muri Myanmar.
Umushinjacyaha yagize ati: “Ubu ni bwo busabe bwa mbere bw’icyemezo cyo guta muri yombi umutegetsi wo mu rwego rwo hejuru wa Myanmar.”
Abanya-Rohingya basaga 730.000 bahungiye mu gihugu cy’abaturanyi cya Bangladesh bavuye muri Leta ya Rakhine yo mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Myanmar, muri icyo gihe bivugwa ko ibyaha byakorewe.
Myanmar ntabwo yashyize umukono kuri Sitati y’i Roma yashyizeho ICC, ariko imyanzuro ya 2018 na 2019 yasanze urukiko rufite ububasha ku byaha bivugwa bimwe byabereye muri Bangladesh, umunyamuryango wa ICC.
Ibi byatangajwe nyuma y’iminsi mike ICIC isohoye impapuro zo guta muri yombi Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, Yoav Gallant wahoze ari minisitiri w’ingabo ndetse n’umuyobozi wa Hamas, Mohammed Deif.



