ICJ irafata umwanzuro ku guhamagarira Israeli guhagarika ibikorwa bya gisirikare muri Gaza

Urukiko rukuru rw’Umuryango w’Abibumbye ruraza gufata umwanzuro ku kutegeka Israel guhagarika ibikorwa bya gisirikare byayo muri Gaza.

Kuri uyu wa Gatanu, Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera (ICJ) ruraba rutanga umwanzuro mu rubanza rwatangijwe na Afurika y’Epfo ishinja Israel jenoside muri Gaza.

Ibihugu byombi byatanze ubuhamya igihe urubanza rwafungurwaga mu byumweru bibiri bishize. Israel yamaganye yivuye inyuma iki kirego nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.

Icyemezo cyo kwamagana Israel ntigishobora gushyirwa mu bikorwa n’urukiko ariko cyaba gifite akamaro muri politiki.

Minisiteri y’ubuzima iyobowe na Hamas i Gaza, ivuga ko Abanyapalestine barenga 25.000, cyane cyane abagore n’abana, bishwe abandi ibihumbi icumi barakomereka.

Ni mu gihe igitero cya Hamas, cyo ku itariki ya 7 Ukwakira, cyahitanye abantu bagera ku 1.300, cyane cyane abasivili. Abagabye igitero kandi bajyanye bunyago abantu bagera kuri 250 muri Gaza.

Afurika y’Epfo ishyigikiye byimazeyo Abanyapalestine, yasabye urukiko gutanga ingamba icyenda z’agateganyo, zirimo guhagarika ibikorwa bya gisirikare bya Israel, mu gihe hasuzumwa ibirego bya jenoside. Icyemezo kuri iki cya nyuma ntabwo giteganijwe vuba, gishobora gufata imyaka.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *