Rutahizamu Leroy Sané yatakambiye ubuyobozi bwa Bayern Mà¼nich abusaba kudaha ibihano bikakaye Sadio Mané, nyuma yo gushwana bikarangira uriya munya-Sénégal amukubise ingumi.
Mané w’imyaka 31 y’amavuko yavanwe mu bakinnyi Bayern Mà¼nich izifashisha ku mukino wayo na Hoffenheim ndetse anacibwa amande, nyuma yo gukubita Sané ubwo bari bamaze gutsindwa na Manchester City ibitego 3-0 mu mukino wa UEFA Champions league.
Ikinyamakuru Bild cyo mu Budage cyatangaje ko Sané yasabye ubuyobozi bwa Bayern Mà¼nich kudafatira uriya mugenzi we ibihano biremereye cyangwa ngo avanwe muri bagenzi be, mu rwego rwo kwirinda ivuka ry’umwuka mubi ushobora kumara igihe kirekire.
Amakuru aturuka mu Budage kandi avuga ko Oliver Khan usanzwe ari Umuyobozi Mukuru wa Bayern Mà¼nich cyo kimwe na Hasan Salihamidzic ukuriye ibikorwa bya siporo muri iriya kipe bateganya kwereka umuryango uriya rutahizamu, mu gihe yarangiza umwaka w’imikino nta musaruro ufatika atanze.
Ni nyuma yo kugorwa cyane n’ubuzima bwo mu Budage aho yageze mu mpeshyi y’umwaka ushize avuye muri Liverpool.
Mané kuva yagera muri Bayern Mà¼nich yayitsindiye ibitego 11 anatanga imipira itanu yavuyemo ibitego, gusa yaje gusubira hasi nyuma yo kugira imvune ikomeye yanatumye atagaragara mu Gikombe cy’Isi cya 2022 cyabereye muri Qatar.



