Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko ategereje uburenganzira bwa Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge, mbere yo guhererekanya imfungwa n’umutwe wa M23.
Yabitangarije i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubwo yagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru.
Umutwe wa M23 ushinja Leta ya RDC kuba yaranze kurekura imfungwa zibarirwa muri 700 ufunze, mu gihe muri Nyakanga uyu mwaka impande zombi zemeranyije guhererekanya imfungwa nka bumwe mu buryo burema icyizere ku biganiro impande zombi zikomeje kugirana.
Kinshasa icyakora imaze iminsi igaragaza ko yiteguye kurekura imfungwa M23 iyisaba, kugira ngo ibiganiro bikomeze.
Tshisekedi ubwo yabazwaga aho iriya gahunda igeze, yagize ati: “Dutegereje ko Croix-Rouge iduha uburenganzira kugira ngo duhererekanye imfungwa.”




