20241108_180147.jpg

Igihe amanota y’abasoje ayisumbuye 2023/2024 azasohokera cyamenyekanye

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 08 Ugushyingo 2024, Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini bya Leta no kugenzura amashuri, cyatangaje ko amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye umwaka w’amashuri wa 2023-2024 azatangazwa mu cyumweru gitaha.

Iri tangazo rivuga ko amanota azajya ahabona ahagana i saa tanu zuzuye za mu gitondo, ku wa Gatanu tariki ya 15 Ugushyingo 2024.

Ibizamini bisoza amashuri yisumbuye umwaka wa 2023-2024 byakozwe guhera tariki 23 Nyakanga 2024 kugeza ku ya 02 Kanama 2024, bikorerwa hirya no hino mu gihugu.

Mu banyeshuri basoje amashuri yisumbuye 2023/2024 bategereje amanota, mu burezi rusange, hari abakandida ibihumbi 56,537 biganjemo abakobwa basaga 32,886, abahungu bo bakaba 23,651.

Ni mu gihe abasoje amashuri y’ubumenyi ngiro ari ibihumbi 30,922, bagizwe n’abakobwa bangana n’ibihumbi 14,080 abahungu bo bakaba 16,842.

Mu mashami y’inderabarezi ho habarurwaga abanyeshuri bakoze ibizamini bisoza umwaka wa 2023/2024 bangana n’ibihumbi 4,068; ibihumbi 2,270 b’igitsina gore ndetse n’abandi 1,798 b’igitsina gabo.

Bwa mbere kandi abanyeshuri bagera kuri 203 biga mu ishami ry’ubuforomo mu mashuri yisumbuye bakoze ikizamini cya leta, na bo bakaba bari mu bategereje ko amanota yabo asohoka.

Iri tangazo rije mu gihe umubare munini w’abanyeshuri baba bategerezanyije amatsiko amanota baba bagize, dore ko amanota bagize ari yo ashingirwaho cyane kugira ngo babe bakomeza kwiga na za kaminuza, cyangwa se bagakomeza n’ubundi buzima.

20241108_180147.jpg

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *