Igisirikare cya Iran kiremeza ko gishobora gusenya Israel mu masaha 48

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Iran (IRGC), General Major Hossein Salami, yavuze ko ubutegetsi bwa Israel buzasenyuka mu masaha 48 niharamuka hagaragaye ikindi gikorwa cya gisirikare nk’icyo ku musigiti wa Al-Aqsa.

Amakuru yatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru bya Iran (ANI) avuga ko General Major Salami yagize ati: “Mu masaha 48, Israel izavanwa mu miterere ya politiki y’Isi.”

Salami yongeyeho ko Israel yari mu bihe bibabaje nyuma y’igitero gitunguranye cyagabwe na Hamas ku itariki ya 7 Ukwakira. Nyuma y’iminsi mike ishize, umuyobozi wa IRGC yatanze irindi terabwoba ry’intambara yo kurwanya Amerika na Israel.

Kuwa Kane ushize uyu musirikare mukuru wa Iran yagize ati: “Turarwanya na Amerika, Israel, ndetse n’umuntu wese uhangana n’icyubahiro cya Repubulika ya Kisilamu.”

Iran imaze igihe kinini itera inkunga Hamas haba mu buryo bw’imari ndetse n’igisirikare. Kuva intambara yo ku itariki ya 7 Ukwakira yatangira, Iran yirinze kugira uruhare rutaziguye mu ntambara nubwo abayobozi bayo n’abakuru b’ingabo bakomeje kugaragaza kuribwaribwa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Igisirikare cya Iran kiremeza ko gishobora gusenya Israel mu masaha 48
    Uburusiya bwari buzi ko ngo mumsaha 78 buzaba bwafashe UKRAINE, wa mu general we ubu ko amasaha 48 waba ukuye igihugu kwisi, uzitonde utazamera nka KASSIM SOULEMAN wakubiswe ninkuba atazi aho iturutse, nuko wowe udasohoka uvugira mu mwobo, ubundi MOSSAD yakwereka ko ntacyo uricyo.

    كانت روسيا تعلم أنها ستسيطر على أوكرانيا في 78 ساعة، لكن الآن أيها الجنرال أنك ستزيل البلاد من العالم في 48 ساعة، فاحذر أن تكون مثل قاسم سليمان الذي ضربته صاعقة دون أن تعرف من أين أتت، حتى لا تخرج وتتحدث في الحفرة، وإلا فسيظهر لك الموساد أنك لا شيء.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *