Kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Mutarama, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yahakanye ibivugwa n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Bobi Wine, uvuga ko abasirikare bateye umugore we mu gitero cyagabwe mu rugo rwabo ari ninjoro.
Bobi Wine, amazina ye nyakuri akaba ari Robert Kyagulanyi, yavuze ko abasirikare binjiye, mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, mu rugo rwe ruherereye mu gace ka Magere i Kampala, bahohotera abakozi baniga umugore we, Barbara Kyagulanyi, biba ngombwa ko ajya kwivuza.
Wine wahise ajya kwihisha nyuma y’amatora y’umukuru w’igihugu nk’uko Chimpreports ivuga, avuga ko icyo gihe atari mu rugo.
Gen. Kainerugaba, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, yamaganye ibyo birego mu butumwa yanditse kuri X, agira ati:” igisirikare “ntigikubita abagore. Ntabwo bakwiye umwanya wacu. Turashaka umugabo we w’ikigwari ntabwo ari we. “
Bobi Wine, umuhanzi wahindutse umunyapolitiki, yashinje inzego z’umutekano za Uganda kumutoteza kuva ku matora ya perezida yo ku itariki ya 15 Mutarama, Perezida Museveni yatsinze n’amajwi 71,6%.




