20250725_214539

Igisubizo cya AFC/M23 ku bibaza niba Kabila yaramaze kuyinjiramo

Umutwe wa AFC/M23 wahakanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari umwe mu bawugize.

Uyu mutwe wemeje ko Kabila usigaye aba mu mujyi wa Goma ugenzura atari umunyamuryango wawo, mu kiganiro wagiranye n’itangazamakuru ejo ku wa Gatanu.

Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, ubwo yabazwaga niba Kabila ari umwe mu bagize ririya huriro, yavuze ko atari byo.

Yavuze ko Joseph Kabila ari i Goma nk’uko ba Musenyeri b’Inama Nkuru y’Abepiskopi muri RDC (CENCO-ECC) cyangwa Bintou Keita ukuriye ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri kiriya gihugu (MONUSCO) na bo bagiye muri uriya mujyi ufatwa nk’umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Mbonimpa yunzemo ati: “Joseph Kabila si umunyamuryango w’umuryango wacu, keretse wenda umunsi umwe afashe icyemezo cyo kuwinjiramo agendeye ku kazi gakomeye umuryango wacu uri gukora hano; ni umugabo ukwiye icyubahiro cya Repubulika yose.”

AFC/M23 yahakanye ko Kabila wayoboye RDC hagati ya 2001 na 2019 ari umwe mu bayigize, mu gihe Leta ya Kinshasa imushinja kuba ari umwe mu batera inkunga uriya mutwe.

Ni Kabila kandi guhera ku wa Gatanu tariki ya 25 Nyakanga watangiye kuburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Congo ku byaha birimo ubugambanyi no kujya mu mutwe ugambiriye gukuraho ubutegetsi aregwa.

Mbonimpa wa AFC/M23 yagaragaje ko urubanza rwe ari “urubanza rugambiriwe ku muntu wahaye RDC buri kimwe.”

Yunzemo ko Congo Kinshasa idashobora kugera ku mahoro idafite Joseph Kabila, ashimangira ko abamujyanye mu nkiko bigaragara ko badashaka guha amahirwe abantu bose bafite aho bahuriye n’ibiganiro bikomeje.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *