maxresdefault (1)

Igisubizo cy’u Rwanda ku bakomeje kwibasira ubufatanye nka “Visit Rwanda”

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye kugerageza guherutse kwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) guhungabanya ubufatanye mpuzamahanga bw’u Rwanda binyuze mu makuru y’ibinyoma ndetse n’igitutu cya politiki.

“Izi mbaraga ntizigaragaza ukuri gusa ahubwo zibangamiye urufatiro rw’amahoro, umutekano, n’ubufatanye mu bukungu twakoranye umwete kugira ngo twubake”, nkuko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku rubuga rwa RDB.

Iri tangazo rivuga ko “Ubufatanye bw’u Rwanda n’amakipe y’imikino ku Isi, harimo Arsenal FC, FC Bayern Munich, Paris Saint-Germain, cyangwa Basketball Africa League (BAL), bwabaye ishingiro ry’ingamba zacu zo kuzamura ubukungu, guteza imbere ubukerarugendo, no gushimangira iterambere ry’abaturage.

Ubu bufatanye burenga imipaka, butera amamiriyoni muri Afurika kurota kandi bugira uruhare mu iterambere ry’umugabane mu bukungu nkuko iri tangazo rikomeza rivuga.

U Rwanda rwizera imbaraga zo guhindura ibintu za siporo zo gutera inkunga, guhuriza hamwe, no kuzana iterambere muri Afurika.

Binyuze mu bufatanye n’amakipe akomeye ku Isi nka Arsenal FC, Paris Saint-Germain, FC Bayern Munich, cyangwa Basketball Africa League, u Rwanda rurimo gukora kugira ngo ruzabe ihuriro ry’imikino mpuzamahanga n’ubukerarugendo.

“Ubufatanye bwashyigikiye iterambere ry’umupira w’amaguru na basketball, bifasha mu guteza imbere impano zo mu gihugu no mu karere, bizamura ubukerarugendo bwaho, iterambere ry’ibikorwa remezo bya siporo, n’akazi”.

Kugerageza kugira politiki ubwo bufatanye ngo ni inzira itari yo yirengagiza inyungu z’imibereho n’ubukungu butanga.

Iri tangazo rirere rikubiyemo ingingo zitandukanye rikomeza rivuga ko Siporo ifite imbaraga zo guhuza abaturage, no kuzana impinduka zifatika. Gahunda ya ‘Visit Rwanda’, ishingiro ry’ubwo bufatanye, yerekana ubushake bw’u Rwanda mu mahoro, umutekano, n’iterambere ridaheza.

Ngo kigerageza gutesha agaciro ibi byose ntacyo bikora kugirango bikemure ibibazo nyabyo byugarije uburasirazuba bwa DRC.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *