Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza, urusaku rw’amasasu menshi n’iturika ry’ibisasu byumvikanye mu misozi ihanamiye uduce twa Katongo na Kigongo two muri teritwari ya Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Epfo.
Amakuru aturuka hafi y’aho imirwano ibera agaragaza ko abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 bari mu mirwano yeruye n’inyeshyamba za Wazalendo bafatanyije ku rugamba n’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Abaturage bo muri utwo duce batangaza ko batewe impungenge zikomeye bitewe n’amasasu akomeje kumvikana, aho bamwe batangiye guhunga ingo zabo bashaka ubuhungiro mu bindi bice bibonwa nk’ahari umutekano usesuye.
Impungenge zishingiye ku kuba iyi mirwano ishobora kwaguka, ikagira ingaruka zikomeye ku buzima n’imibereho by’abasivili, cyane cyane abagore, abana n’abageze mu zabukuru.
Kugeza ubu, ubuyobozi bw’igisirikare n’ubwa Leta ya RDC ntiburashyira hanze itangazo rirambuye rigaragaza imibare y’abaguye muri iyi mirwano cyangwa ingaruka zayo ku baturage n’ibikorwaremezo.
Imirwano yo kuri uyu wa Gatandatu irakurikira indi ikomeye imaze iminsi ine isakiranya Ingabo za Leta ya RDC na AFC/M23 mu bice bitandukanye bya Teritwari za Uvira na Fizi.




