Impanuka idasanzwe ya za bisi yahitanye byibuze abantu 40 abandi 87 barakomereka

Nibura abantu 40 bapfuye abandi 87 barakomereka nyuma y’uko bisi ebyiri zagonganye hafi y’Akarere ka Kaffrine muri Senegal rwagati .

Iyi mpanuka idasanzwe kubera abantu bayiguyemo yabereye ku muhanda w’igihugu nimero 1 mu masaha ya saa cyenda na cumi n’itanu z’urukerera (03:15 GMT) kuri iki Cyumweru itariki 8 Mutarama 2023.

Perezida Macky Sall yavuze ko abantu 40 baguye mu mpanuka “ikomeye” anatangaza iminsi itatu y’icyunamo mu gihugu nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.

Biravugwa ko bisi imwe ifite imyanya 60, yerekezaga i Rosso hafi y’umupaka na Mauritania, nk’uko abashinzwe ubutabazi babitangaje bavuga ko umubare w’abantu bari mu bisi utazwi.

Umuyobozi w’ibikorwa bya Brigade ishinzwe kuzimya umuriro, Colonel Cheikh Fall, yabwiye Ibiro Ntaramakuru AFP ati: “Yari impanuka ikomeye.” Yongeyeho ko abantu 87 bakomeretse.

Yavuze ko abagizwehoo ingaruka n’iyi mpanuka bajyanywe mu bitaro no ku kigo nderabuzima cya Kaffrine. Col. Fall kandi yavuze ko ibisigazwa na bisi zangiritsebyakuwe mu nzira urujya n’uruza rugakomeza.

Umushinjacyaha wa leta, Cheikh Dieng, yavuze ko iperereza ry’ibanzeryerekanye ko iyi mpanuka yabaye igihe “bisi ishinzwe gutwara abagenzi, nyuma yo guturika kw’ipine, yataye icyerekezo ikagenda ikagonga indi yaturukaga mu kindi cyerekezo”.

Uyu ngo ni umwe mu mubare munini w’abantu bapfiriye mu mpanuka imwe muri iyi myaka ishize mu gihugu aho usanga impanuka zo mu muhanda zikunze kugaragara cyane kubera kutagira disipuline kw’abashoferi, imihanda mibi n’imodoka ziyongera nk’uko abahanga babitangaza.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *