IMG-20250814-WA0029

Imyaka 21 irirenze Abanyamulenge bagitegereje ko bene wabo biciwe mu Gatumba bahabwa ubutabera

Abanyamulenge bo hirya no hino ku Isi, ku wa Gatatu tariki 13 Kanama bibutse imyaka 21 ishize bene wabo bari barahungiye mu nkambi y’impunzi ya Gatumba i Burundi bishwe.

Mu ijoro ryo ku wa 13 Kanama 2004 ni bwo izo mpunzi zari zarahungiye mu Gatumba ziturutse muri Uvira ho mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zagabweho igitero zikorerwa ubwicanyi ndengakamere.

Ni igitero cyagabwe n’imitwe yijwaje intwaro irimo FNL-PALIPEHUTU, ndetse abakigizemo uruhare kugeza ubu baracyidegembya mu Burundi.

Abazwi bishwe icyo gihe ni 166 kugeza ubu bagitegerejwe guhabwa ubutabera, nyuma y’imyaka 21 bishwe.

Umuhango wo kubibuka mu Rwanda wabereye ku Gisozi ho mu karere ka Gasabo.

Muri uyu muhango, imiryango y’abishwe yongeye gusaba ko bene wabo bamaze imyaka 21 bishwe bahabwa ubutabera.

Umuryango w’Abarokotse Ubwicanyi bwo mu Gatumba (GRSF), usobanura ko ubushake buke bwa Politiki ari bwo ntandaro yatumye bariya Banyamulenge bamaze imyaka irenga 20 batarahabwa ubutabera.

Ni mu gihe hashize igihe haratanzwe ikirego mu Burundi na RDC hasabwa ubutegetsi bw’ibi bihugu gukurikirana abagize uruhare mu bwicanyi bwo mu Gatumba by’umwihariko imitwe yitwaje intwaro  yakoreraga muri ibi bihugu byombi; nk’uko byatangajwe na Nteziryayo Innocent wunganira mu mategeko imiryango ifite abayo bishwe.

Yagize ati: “Twatanze ibirego ahantu hatandukanye, twatanze ikirego i Burundi n’i Bukavu kuberako raporo igaragaza ko hajemo ingabo z’abanye-Congo zafaranyije na FNL, ndetse ikindi tugitanga hano mu Rwanda kuko harimo FDLR n’kuko raporo zibigaragaza. Twamenyesheje na ICC,  rero ibirego byaratanzwe; icyo dukomeza ni kwibutsa kugira ngo turebe ko ubutabera bwazatangwa.”

Rutebuka Jules uhagarariye igikorwa cyo kwibuka abanyamulenge mu Rwanda, avuga ko mu gihe hashize imyaka irenga 20 bene wabo biciwe mu Burundi, abasigaye muri RDC kugeza ubu na bo bagihigwa bukware.

Yavuze ko mu myaka umunani ishize itotezwa rikorerwa Abanyamulenge no guhiga bukware ryiyongereye, ku buryo abasigaye bafungiwe hamwe ku buryo batagerwaho n’ibyangombwa nkenerwa.

Rutebuka yagaragaje ko nko mu Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo, inzu zisaga 408 zimaze gutwikwa na ho amashuri 131 n’ibitaro bigera 35 bikaba byarasenywe.

Abahanzi Israel Mbonyi na Alexis Nkomezi bari mu bitabiriye kwibuka Abanyamulenge biciwe mu Gatumba
Abitabiriye biganjemo abarokotse n’imiryango yabo
Nyuma y’imyaka 21, imiryango y’abarokotse baracyategereje ubutabera

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *