Abanyarwanda bari mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri UNMISS; ingabo na Polisi; hamwe na diaspora y’u Rwanda muri Sudani y’Epfo, bongeye gufatanya mu gusana ishuri ry’ibanze rya Kapuri nyuma yo kwangizwa cyane n’imvura nyinshi.
Kimwe mu bice by’ishuri cyatakaje igisenge mu gihe cy’imvura, bituma abanyeshuri bahurira mu byumba by’amashuri bisigaye. Kugira ngo iki kibazo gikemurwe, abashinzwe kubungabunga amahoro n’abafatanyabikorwa babo bahagurukiye gusana igice cyangiritse no kugarura uburyo busanzwe bw’imyigire.

Usibye kuvugurura, bakoze umuganda hamwe n’abaturage baho, abakozi b’ishuri, ndetse n’abanyeshuri. Mu bikorwa bakoze harimo gutera irangi ibyumba by’ishuri, gusukura ikigo, gutera ibiti, no gukora akarima k’igikoni. Iri shuri kandi ryahawe imirasire y’izuba hamwe n’ikigega gishya cy’amazi cya litiro 5.000 kugira ngo rirusheho kubona amashanyarazi n’amazi meza.

Umuyobozi w’ishuri Madamu Yunus Goldon wavugiye muri icyo gikorwa, yashimiye byimazeyo, avuga ko “nta cyumba cy’ishuri cyongera kugira ubucucike kandi abanyeshuri ubu bakurikiranira amasomo ahantu heza.”

Mu izina ry’abashinzwe kubungabunga amahoro bavuye mu Rwanda n’umuryango w’Abanyarwanda baba muri Sudani y’Epfo, William Ngabonziza, Umuyobozi wa Diaspora Nyarwanda, yagaragaje agaciro k’uburezi mu gutegura ejo hazaza kandi ashimangira ko u Rwanda rukomeje kwiyemeza gutera inkunga imiryango yo muri iki gihugu cyabakiriye.




