Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 31 Gicurasi 2025, ikipe ya RDF (Ingabo z’u Rwanda) ya Diviziyo ya Gatanu y’Ibikorwa by’Ingabo ku butaka, irakina umukino wa gicuti mu mupira w’amaguru n’ingabo za UPDF (Ingabo za Uganda) za Diviziyo ya Kabiri, kuri sitade ya Kyamate, mu mujyi wa Ntungamo, mu burasirazuba bwa Uganda.
Uyu mukino ni umwe mu bikorwa bigize gahunda yiswe Proximity Commanders’ Engagements, igamije gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’ingabo z’ibihugu byombi, cyane cyane mu gukemura ibibazo by’umutekano byambukiranya imipaka no mu karere muri rusange.
Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda rizakirwa ku mugaragaro na Maj. Gen. Paul Muhanguzi, umuyobozi wa Diviziyo ya Kabiri ya UPDF, hamwe n’abandi bayobozi bakuru b’ingabo za Uganda.
Uyu mukino uzaba ufunguye ku baturage bose, nk’uburyo bwo kugaragaza ubufatanye hagati y’ingabo n’abasivile.
Uretse umukino, ingabo z’ibihugu byombi, ku bufatanye n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze, bazakora ibikorwa birimo urugendo rwerekeza mu mujyi wa Ntungamo, gutera ibiti no gutanga amaraso, mu rwego rwo guteza imbere ubufatanye hagati y’abasirikare n’abaturage.




