Medard Muhiza

Iperereza ry’u Burundi ryaciye amarenga y’uko Rabin ashobora kuba yarishwe!

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko umusesenguzi Dieudonné Niyukuri uzwi nka Rabin, uherutse kuburirwa irengero nyuma yo kugera ku butaka bw’u Burundi avuye mu Rwanda, yaba yarishwe nk’uko byaciwemo amarenga mu kiganiro cy’Ishyirahamwe riharanira uburenganzira bwa muntu, FOCODE.

Biravugwa ko mu kiganiro cyateguwe na FOCODE ku Cyumwru, itariki 21 Nzeri, umukozi w’iperereza ry’u Burundi, Médard Muhiza, yafashe ijambo, maze mu kibazo cye cya nyuma akoreshamo amagambo atangaje aho yasaga nk’uca amarenga ko Rabin yaba yaramaze kwicwa.

Uyu ngo yahakanye ko Rabin yigeze agera mu Burundi, ashimangira ko ifoto yagaragaye ari muri iki gihugu n’abandi bafatanwe muri kasho y’iperereza ry’u Burundi mu Cibitoke ari impimbano. FOCODE ivuga ko uyu mukozi w’iperereza ry’u Burundi yavuze inshuro eshatu zose ko Rabin ahubwo yishwe n’iperereza ry’u Rwanda kubera ko ngo ryamuhaye akazi kakamunanira.

Ibintu bigaragaza ko Médard Muhiza abeshya

1. Médard Muhiza avuga ko iperereza ry’u Rwanda ryari ryarajyanye Rabin muri Mozambique kubera igisirikare cyarwo kihakorera, mu gihe nyamara bizwi neza ko Rain yahungiye muri Mozambique mu ntangiriro za 2015 mbere y’uko haba imyigaragambyo kubera ko yabonaga ubuzima bwe buri mu kaga ndetse abategetsi b’u Burundi bahise bafunga murumuna we. Rabin we yahisemo Mozambique kubera ko umubyeyi we yahakoreye nk’umukozi w’Imana. Ni mu gihe nyamara igisirikare cy’u Rwanda cyatangiye gukorera muri Mozambique mu 2021.

2. FOCODE ivuga ko hari ibimeneytso byinshi byrekana ko Rabin na bagenzi be bari mu Burundi. Babiri bafatanwe na we, Éloi Nkurunziza na Venant Ndikumana, bavuye mu Rwanda ku iitariki 29 Kanama 2025, baciye muri Tanzania binjira mu Burundi baciye ku mupaka wa Kobero i Muyinga uwo munsi. Ibyo kandi ngo ni ibintu byoroshye kubona ku mipaka y’u Rwanda, Tanzania n’u Burundi. Undi wafashwe ni Bonaventure Nkuriyingoma, uyu we akaba yaravuye i Bujumbura mu modoka izwi yaje kumupfiraho ageze i Gitega na n’ubu iiyo modoka akaba ari ho ikiri. Hotel yarayemo kandi yafatiwemo na yo irazwi.

 

Telephone ya Éloi Nkurunziza yerekana neza ahantu banyuze. Ifoto yafatiwe mu Cibitoke yerekana Rabin ari kumwe na bagenzi be muri kasho y’iperereza mu Cibitoke. Amasoko menshi yashoboye kumenya neza icyo cyumba baba bicayemo ahari imifuka y’ifumbire n’ibindi. Ni benshi bavuze ko bahazi. Ikindi kandi ngo iperereza ry’u Burundi ryategetse Rabin kohereza audios kwa mukuru wa Éloi Nkurunziza, kandi yaba Éloi Nkurunziza, Rabin n’undi witwa Fabrice bafatanwe bohereje audios zemeza ko bafatiwe hamwe kandi bari bafungiwe hamwe.

Kuba rero iperereza ry’u Burundi ritangiye guhakana ko ryafashe aba bantu ngo biteye impungenge, bikarushaho guhangayikisha mu gihe umukozi waryo atangiye kuvuga ko umwe mu bafashwe, ari we Rabin yishwe n’iperereza ry’u Rwanda kuko bisobanuye ko yaba yaramaze kwicwa, hari umugambi wo kumwica iperereza rikaba rishaka kumva uko byakwakirwa.

Amakuru FOCODE ifite kandi avuga ko hari abantu benshi barimo kunyerezwa bashinjwa kuba baravuganaga na Rabin barimo abasivili, abapolisi n’abasirikare.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. abarundi benshi bahungiye mu Rwanda bahawe amakuru Leta yabo. muzababwirwa nuko buri kanya baba baguha cg bakubaxa amakuru yo hejuru.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *