Uwahoze ari champion mu mukino njyarugamba wa MMA (Mixed Martial Arts), Conor McGregor, yatangaje ku wa Mbere ko atakibaye umukandida mu matora ya perezida ateganyijwe muri Irlande ku itariki ya 24 Ukwakira.
Mu ntangiriro z’uku kwezi, McGregor yavuze ko aziyamamariza umwanya wa perezida, avuga ko “igihe cy’impinduka nyazo kigeze,” kandi yiyemeza kutazashyira umukono ku mushinga w’itegeko iryo ari ryo ryose kugeza igihe igihugu kibanje gusubizwa abaturage. ”
Uyu mukinnyi ni umuvugizi uzwi cyane mu kurwanya abimukira mu gihugu cye kandi abantu bakomeye cyane nka Perezida wa Amerika, Donald Trump cyangwa rwiyemezamirimo Elon Musk baherutse gutangaza ko bamushyigikiye.
Kuki McGregor yaretse kwiyamamariza kuba perezida?
McGregor yavuze ko icyifuzo cye cyo kwiyamamaza cyari “kivuye ku mutima,” ariko ko kuri ubu yabaye abihagaritsenk’uko iyi nkuru dukesha DW ivuga.
Yanditse kuri X. “Ati:” Nyuma yo kubitekerezaho neza, kandi nyuma yo kugisha inama umuryango wanjye, nkuye kandidatire yanjye mu guhatanira kuba perezida. ”
Muri Irlande, umukandida agomba kugenwa n’abagize inteko ishinga amategeko ya Irlande 20 cyangwa abayobozi bane bo mu nzego z’ibanze kugira ngo yiyamamaze.
Ku rubuga rwe rwa interineti, uyu mukinnyi yavuze kandi ko amategeko ya politiki muri Irlande abuza “amatora y’umukuru w’igihugu ya demokarasi nyayo”. Yongeyeho ko hari “icyuho cya demokarasi kirwanya ubushake bw’abaturage ba Irlande.”
Mu kwezi gushize, Minisitiri w’ubwikorezi muri Irlande, Darragh O’Brien, yavuze ko McGregor afite uburenganzira bwo kurwanya izo nzira mu mategeko kugirango ajye ku rupapuro rw’abakandida, ariko ko itegeko nshinga rya Irlande “risobanutse” kandi ko uyu murwanyi atujuje ibisabwa byo kuba perezida.
McGregor yatangaje ku mugaragaro gusa ko yifuza kwiyamamariza kuba perezida ku itariki ya 4 Nzeri, mu mashusho ya video yashyize kuri X.




