Isiraheli: Umuntu umwe yicishijwe icyuma abandi batatu barakomereka

Mu gitero cyabereye mu muhanda no mu bice bitandukanye muri Holon, umujyi w’akarere ka Tel Aviv, kuri iki cyumweru,umuntu umwe yapfuye , abandi batatu barakomereka, barimo babiri bakomeretse bikabije, mu gitero cyakozwe hakoreshejwe icyuma I Tel Aviv .

Mu itangazo ryatanzwe na Polisi ikorera muri ako karere, yavuze ko uwakoze iki gitero, akekwaho kuba ari umuturage ukomoka butaka bwa Cisjordanie, akaba yahise araswa n’umupolisi wamugezeho bwa mbere.

France 24 ivuga ko iki gitero kibaye mu gihe hakomeje kuba ubushyamirane bukomeye muri Israeli no mu karere, nyuma y’umuburo wo kwihorera watanzwe na Iran, Hamas, Palestina,Hezbollah,ndetse na Libani kubera urupfu rw’ umuyobozi wa Hamas, Ismaïl Haniyeh rwabereye I Teheran kuwa gatatu, bivugwako yahitanywe n’ibitero by’urugomo byakozwe na Israeli, ndetse ku wa kabiri hakicwa umuyobozi w’ingabo za Hezbollah, Fouad Chokr, hafi ya Beyrouth.

Bwiza.com

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *