Kuri iyi tariki ya 7 Ukwakira 2023, abarwanyi ba Hamas barenze umupaka wa Israel na Gaza wari urinzwe cyane bagaba igitero ku baturage baturiye umupaka, ndetse no ku bari mu iserukiramuco rya muzika rya Nova.
Kuri uyu wa Kabiri, ahantu hatandukanye muri Israel hateganyijwe ibikorwa byo kwibuka, ariko abantu benshi bo bateraniye ahabereye iryo serukiramuco rya muzika kugira ngo baririre ababo bahiciwe.
Inshuti n’abavandimwe benshi bacecetse umunota umwe maze bacana buji aho hantu hiciwe abantu 370 nk’uko tubikesha DW.
Muri icyo gitero muri rusange abantu bagera ku 1200 barishwe, naho 251 bajyanwa bugwate. Icyo gitero cyakurikiwe n’intambara yo kwihorera n’ubu igikomeje muri Gaza.




