Israel irigamba kwivugana abayobozi 2 bakuru muri Hamas

Minisitiri w’ubukungu wa Hamas n’undi munyamuryango mukuru muri biro politiki bishwe kuwa Mbere n’Ingabo za Israel, nk’uko byatangajwe n’Igisirikare cya Israel (IDF). Urupfu rwabo rwatangajwe kuri uyu wa Kabiri nyuma gato y’uko IDF igabye ibitero birenga 100 by’indege kuri Gaza.

Nyuma Hamas yemeje ko abo bagabo bombi bapfuye ku rubuga rwayo rwa interineti, ivuga ko “bahitanwe n’ibisasu by’abazayoni bateye mu karere ka Gaza.”

Jawad Abu Shamala yabaye minisitiri w’ubukungu mu mutwe wa politiki wa Hamas, mu gihe Zakaria Abu Ma’amr yasobanuwe na IDF nk’inshuti magara y’umuyobozi wa Mamas muri Gaza, Yahya Sinwar nk’uko tubikesha Russia Today.

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 10 Ukwakira, IDF mu itangazo ryayo yagize ati: Abu Shamala yari ashinzwe “gutera inkunga no kuyobora iterabwoba,” mu gihe Abu Ma’amr “yagize uruhare mu gufata ibyemezo no gutegura ibikorwa byinshi bibangamira umutekano wa Leta ya Israel.”

Kuva ku wa Gatandatu, indege z’intambara za Israel zateye ibisasu muri Gaza, aho ibitero 250 byibasiye agace ka al-Furkan gaherereye mu mujyi wa Gaza hagati yo ku wa Mbere no kuri uyu wa Kabiri.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *