Jenerali wigeze guhunga ubutegetsi bwa Museveni yangiwe kuva mu gisirikare

Uwahoze ari Umuhuzabikorwa w’Inzego z’Ubutasi za Uganda, Gen. David Sejusa yangiwe gusezererwa mu Gisirikare cya Uganda(UPDF) kandi yari yabisabye.

Gen. Sejussa uzwi nka ‘Tinyefunza’ yigeze guhunga igihugu muri Mata 2013 ashinjwa gushyira ku karubanda amabanga yerekeye uzasimbura Museveni ( Muhozi project).

Muri ibi bihe kandi yashinjwaga gukora ibikorwa binyuranye birwanya ubutegetsi bwa Uganda. Yavugaga ko abajenerali batemeranya na Museveni kuri uyu mushinga, bazicwa.

Ikinyamakuru Chimpreports dukesha aya makuru cyavuze ko Perezida Museveni kuwa 29 Nyakanga yahuye n’abajenerali bagiye gusezererwa ariko uwitwa David Sejusa akaba atari ku rutonde.

Ni mu gihe David Sejusa we yari yisabiye ko yasezererwa mu gisirikare cy’iki gihugu.

Muri ibi birori byabereye mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu, abajenerali 19 basezerwe  harimo Gen. Ivan Koleta uri mu barwanye urugamba rwo muri Mozambique na Gen. Joram Mugume,umwe mu bagabye igitero ku kigo cya Gisirikare cya Kabamba mu 1983 bityo bikaba intangiro y’intambara.

Gen. Sejusa ni umwe mu barwanye urugamba rwo kubohora Uganda. Yabaye umupolisi ku gihe cya Milton Obote. Azwiho kunenga ubutegetsi bwa Museveni ndetse yagiye afungirwa iwe mu rugo ahitwa Naguru mu bihe bitandukanye.

Uyu mujenerali yatangiye kugirana ibibazo na Leta mu 2012 ubwo yashinjwaga gushaka guhirika ubutegetsi. Mu 2016 yagejejwe imbere y’urukiko ku byaha byavuzwe kenshi ko ari iby’impamvu za politiki.

 

 

 

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *