20250730_202455

Jenerali w’igicupuri wa UPDF yatawe muri yombi

Inzego z’umutekano za Uganda zataye muri yombi umugabo wiyitaga Jenerali mu ngabo z’iki gihugu akarya abashoramari b’abanyamahanga za miliyari z’amashiringi.

Amakuru y’itabwa muri yombi ry’uyu mugabo wiyitaga ‘Jenerali Issa’ yemejwe n’Umuvugizi w’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Lt. Col. Chris Magezi.

Magezi abinyujije ku rubuga rwe rwa X yise uriya mugabo “umutekamutwe ruharwa” ugomba gushyikirizwa ubushinjacyaha mu rukiko.

Inzego z’ubuyobozi muri Uganda zivuga ko ‘Jenerali Issa’ yari amaze igihe abeshya abashoramari barimo Abashinwa, Abahinde n’Abanya-Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu abizeza kontaro za gisirikare ziremereye no kubona ubutaka biciye mu gisirikare.

UPDF yavuze ko nta hantu na hamwe ihuriye na we, isaba abanya-Uganda kuyitungira agatoki n’abandi bose bayiyitirira.

Raporo Ngarukamwaka ku byaha muri Uganda ya Polisi y’iki gihugu yashyize hanze mu mwaka ushize wa 2024, yerekana ko muri iki gihugu hagaragaye ibyaha 13,220 byerekeye abantu bagiye babona amafaranga biciye mu kwiyitirira ibyo batari byo.

Ni imibare yazamutseho 18% ugereranyije no muri 2023.

Abenshi mu bagaragayeho cyane kwiyitirira abakozi ba Guverinoma n’abo mu nzego z’umutekano ni abo muri Kampala, Wakiso na Mukono.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *