Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akomeje kotswa aigitutu ngo akure kandidatire ye mu matora aho ashinjwa kugira intege nke.
Uyu mukambwe w’imyaka 81 yahuriraga na Donald Trump watanzwe n’ishyaka ry’aba Repubulikani mu kiganiro mpaka kuri Televisiyo ya CNN ntabwo yitwaye neza bituma agabanyirizwa icyizere.
Icyo gitutu cyakomeje kwiyongera nyuma y’amakuru avuga ko ubu Joe Biden arwaye COVID – 19 bikaba bituma atagera mu ruhame kandi cyari igihe cyo kwiyamamaza imbere mu ishyaka ngo yemezwe burundu nk’umukandida.
Icyo gitutu kandi cyatumye hari abaterankunga bagombaga gushyigikira ibikorwa byo kwiyamamaza bya Biden babigendamo gacye ndetse bigakekwa ko hashobora kugira n’ababihagarika mu gihe umukandida yaguma ari Biden.
Ibikorwa byo kwiyamamaza bya Biden bifite ingengo y’imari ingana na Miliyoni 91 z’amadorali ya Amerika.
Amakuru avuga ko abayoboke b’ishyaka riri ku butegetsi harimo abagera kuri 13 bafashe icyemezo cyo gusaba perezida Joe Biden byanga byakunda kuva muri iri hatana, ahanini ngo aba bafashe iki cyemezo ni ababa hafi ya Nancy Pelosi wabaye perezida w’inteko ishinga mategeko y’iki gihugu cya leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Bashaka ko Biden yasimburwa kuri uyu mwanya, Kamala Harris akaba ariwe usigarana ibendera ry’abademokarate
Biden aramutse yikuye mu matora yaba ariwe mukandida ubigerageje mu mateka ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.



