Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden w’imyaka 82, yagaragayeho kanseri ya porositate imaze gukwira no mu magufa, nk’uko itangazo ryaturutse mu biro bye ryabitangaje ku Cyumweru tariki ya 18 Gicurasi 2025.
Uyu mugabo wahoze ayobora Amerika, yari yagiye kwa muganga kubera ibimenyetso bijyanye n’inkari. Yaje gusuzumwa, basanga afite kanseri ikaze ifite amanota 9 kuri 10 mu gipimo cya Gleason – ibi bikaba bivuze ko ari indwara ishobora gukwira vuba cyane. Abaganga bavuze ko iyi kanseri ye ifite aho yumvira imisemburo, bityo ishobora kuvurwa neza.
Perezida Biden n’umuryango we barimo kwiga ku buryo bwo kumuvura. Bivugwa ko uburyo bwo kuvurwa bushobora kwibanda ku misemburo kugira ngo bagabanye gukura kw’iyo kanseri.
Biden yashimiwe n’abanyapolitiki benshi barimo Donald Trump wamubanjirije, Kamala Harris wahoze ari Visi Perezida we, ndetse na Barack Obama bakoranye igihe kirekire, bose bamwifurije gukira vuba.
Kanseri ya porositate ni iya kabiri mu zibasira abagabo cyane muri Amerika, nyuma ya kanseri y’uruhu. Impuguke zivuga ko iyo yageze mu magufa iba itagishobora gukira burundu, ariko umuntu ashobora kubaho imyaka myinshi ayirwaye, bitewe n’uburyo ayivurwamo.
Perezida Biden yigeze gutakaza umuhungu we, Beau Biden, kubera kanseri y’ubwonko mu 2015, bituma yiyemeza gushishikariza ubushakashatsi kuri kanseri. Yabaye n’umuyobozi wa gahunda yiswe Cancer Moonshot mu 2016, igamije gushaka umuti urambye wa kanseri.




