Karongi: Tuyishime yasanzwe mu mugozi amanitse yapfuye, harakekwa ko yiyahuye

Tuyishime Alphonsine w’imyaka 25, wo mu karere ka Karongi, yasanzwe mu mugozi amanitse yapfuye, harakekwa ko yaba yiyahuye.

 

Ibi byabereye mu murenge wa Gishyita, Akagari ka Kigarama,Umudugudu wa Kabwenge, kuri uyu wa Mbere tariki28 Ukwakira 2024, mu masaha ashyira Saa tanu z’amanywa.

 

Amakuru BWIZA yamenye ni uko uyu mudamu wari warashakanye na Turihokubwayo Jean de Dieu w’imyaka 33 babanaga mu buryo butemewe n’amategeko, aho amusigiye umwana umwe w’imyana 4.

 

Songa Rwandekwe, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishyita yahamirije BWIZA aya makuru.

 

Ati :“Amakuru twayamenye tujyayo turi kumwe n’inzego zitandukanye, tumusanga mu mugozi yapfuye, gusa nta kibazo kidasanzwe cy’amakimbirane yari afitanye n’uwo babanaga.”

 

Songa, yaboneyeho gusaba abaturage kutihererana ibibazo, ngo bagere ubwo biyambura ubuzima, ahubwo ko ababifite bakwegera abaturage n’abayobozi bakagisha inama.

 

Umurambo wa nyakwigendera, ubwo twakoraga iyi nkuru wari ugiye kujyanwa ku bitaro bya Mugonero, ngo ukorerwe isuzuma mbere y’uko ushyingurwa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *