Kenya: Abaturage bakoze imyigaragambyo bamagana polisi y’igihugu ikomeje kubica ibarashe

Nyuma y’uko abaturage ba Kenya bamaze iminsi bashinja polisi y’iki gihugu gukoresha imbaraga z’umurengera mu guhana abarenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, kuri uyu wa Mbere bagiye mu mihanda mu myigaragambyo yamagana iki gipolisi kimaze kwica abantu bagera kuri 20 kibahora kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

Abigaragambya babarirwa mu magana biganjemo abatuye mu bice bya Mathare bituwe n’abaturage bafatwa nk’abakene mu murwa mukuru Nairobi, basaba igipolisi cya Kenya kureka ibikorwa bita ubugome gikorera abaturage baba badohotse ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19 harimo no kubarasa.

Ikigo kigenga cyo muri Kenya kigenzura ibikorwa bya polisi cyatangaje ko cyatangiye gukora iperereza ku bantu 15 bamaze gupfa barashwe n’abapolisi kuva mu mpera za Werurwe uyu mwaka. Ni mugihe amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu muri iki gihugu yo avuga ko igipolisi kimaze kwica abarenga 20 kibahora kudohoka ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 cyane cyane kutambara udupfukamunwa no kugenda nijoro.

Aba baturage bari bafite ibyapa bigiye byanditseho amazina y’abo bashinja igipolisi kuba cyararashe muri ibi bihe, n’ibindi byapa yanditseho amagambo agaragaza kurwanya ihohotera bavuga ko bakorerwa n’igipolisi cy’igihugu kitwaje ngo kiri kubacungira umutekano.

Aba bigaragambya bavuga ko byarutwa n’uko polisi yareka kujya yitwaza kubacungira umutekano igamije kuhahohotera kuko “aho kwicwa na polisi wakwemera ugahangana n’amabandi kuko ibandi ryaza rikakwiba ariko ntiryakwica.” nk’uko Collins Odhiambo uri mu bateguye iyi myigaragambyo yabwiye Ibiro ntaramakuru by’Abanya-Turukiya (Anadolu Agency).

Bavuga ko mugihe polisi itaretse ihohotera ibakorera batazareka kugaragaza akababaro bafite kugeza ubwo isi yose ikumvishe nk’uko yumvishe akatewe n’urupfu rw’umwirabura George Floyd wiciwe muri Minneapolis muri Amerika atsikamijwe ivi n’umupolisi ku gakanu.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *