BeFunky-collage - 2024-12-29T130928.607-1736063586

Kenya: Uwari visi perezida aravuga ko Ruto yanogeje umugambi wo kumwivugana

Uwahoze ari Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua, yatangaje ko hari umugambi uterwa inkunga na Leta wo kumwica, uhuza Perezida William Ruto n’inzego z’umutekano zikomeye ibyo avuga ko ari ubukangurambaga kandi bwiyongera bwo kumucecekesha.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere, itariki 19 Gicurasi 2025, Gachagua yavuze ko yakiriye amakuru y’ubutasi ubwo yari yitabiriye amasengesho mu gace ka Gatanga ku Cyumweru, avuga ko Perezida Ruto yaba yarategetse inzego z’umutekano “kurangizanya na we burundu.”

Yavuze ko kuva abagizi ba nabi “baterwa inkunga na Leta” bananirwa kumwica, ubu leta ishaka gukoresha inzego z’umutekano zemewe.

Ati: “Ahagana mu ma saa tanu z’amanywa, ku Cyumweru, itariki ya 18 Gicurasi 2025, aya makuru yagejejwe ku Mugenzuzi Mukuru wa Polisi, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Ubutasi (NIS), ndetse n’Umuyobozi w’Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha… “,

Yavuze ko “itsinda ry’abicanyi” rigizwe n’umutwe wihishe w’abapolisi 101 bakuwe mu rwego rushinzwe Ubugenzacyaha (DCI), ishami rya polisi rishinzwe kurwanya iterabwoba (ATPU), ishami rya serivisi rusange (GSU), n’abandi  boherejwe hagamijwe kumukura ku Isi.

Yavuze ko iryo tsinda riyobowe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza (NIS) nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ikomeza ivuga.

Nk’uko uwahoze ari umuyobozi wa kabiri mukuru mu gihugu yabitangaje, ngo iryo tsinda avuga ko ryari ryipfutse mu maso ryoherejwe i Gatanga kugira ngo bafunge inzira zose zisohoka kugira ngo bamutege umutego hamwe n’abari bamuherekeje.

Yavuze ko abashinzwe iperereza bashyigikiye impamvu ze bamuburiye ko hari umugambi wo guhisha intwaro muri convoy ye nyuma bakaza kumuta muri yombi ashinjwa ibinyoma.

Gachagua akomeza avuga ko ahagana mu ma saa munani n’igice z’amanywa, itsinda rye ryabonye amakuru y’inyongera avuga ko iyi kipe yateganyaga gutega intwaro muri convoy ye nyuma ikaza kumuta muri yombi ashinjwa ibinyoma.

Intwaro z’ubumara
Yavuze kandi ko muri iki gikorwa harimo itsinda ryatojwe gukoresha intwaro z’ubumara, ryasabwe kumuroga hakoreshejwe ibinyabutabire yari guhumeka ubundi bikangiza ubwonko bwe buhoro buhoro mu gihe cy’amezi atatu.
Gachagua yavuze ko itsinda rye ryashoboye guhunga igico kivugwa hifashishijwe bamwe mu bamushyigikiye bari mu nzego z’umutekano.
Uwahoze ari visit perezida akomeza avuga kandi ko Perezida Ruto yategetse kwambura intwaro abashinzwe umutekano be ku giti cye, bimushyira mu kaga ko kugabwaho ibitero n’abo yita abagizi ba nabi bahembwa na leta.

Gachagua yahujije ibyo bikorwa avuga ko byihishwe inyuma na Perezida Ruto n’ibibazo byashize, harimo kwibutsa mu ruhame ubwicanyi bwo ku itorero rya Kiambaa mu 2007/08, avuga ko bikomeje gutera mu nzozi umukuru w’igihugu, ndetse n’ibirego ashinjwa bijyanye no kwiha ubutaka bwa leta mu ishyamba rya Ngong mu mushinga wo kuhubaka hotel ye ku giti cye.

Yavuze ko amatora atavugwaho rumwe yo mu 1992, 1997, na 2007 ari amateka asaba kuzirikanwa mbere y’amatora rusange yo mu 2027 ateganya kuzitabira nk’umukandida ku mwanya w’umukuru w’igihugu.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *