Nyuma y’amezi hafi abiri inkunga yo kurya igabanyijwe ku mpunzi zihabwa imfashanyo ziri mu nkambi mu Rwanda ubu, izo mu Nkambi ya Kigeme ziravuga ko zugarijwe n’inzara ikabije, aho zimwe zivuga ko umwe muri zo yiyahuye, undi bakamukura mu mugozi ashaka kwiyahura kubera inzara. Ukugabanuka kw’inkunga kwatumye umuntu umwe w’impunzi wagenerwaga 7,600Frw y’imfashanyo yo kumutunga ku kwezi, gusa guhera muri Werurwe 2021, umwe agenerwa 3,040Frw, ahwanye na 100Frw ku munsi. BBC dukesha iyi nkuru yasuye inkambi zitandukanye mu Rwanda, gusa mu nkambi ya Kigeme, hari impunzi zatangaje ko hari mugenzi wabo, wiyahuye undi agashaka kwiyambura ubuzima ariko bakamutabara. Edson Munyakarambi wo muri iyi nkambi avuga ko hari amakuru ko inzara yatumye umuntu umwe yiyahura agapfa, undi we agatabarwa ntapfe nyuma yo kugerageza kwiyahura kubera inzara. Yagize ati: “…umwe yariyahuye nanjye nari mpari tumushyingura, nubwo uwapfuye atavuga impamvu yiyahuye… ariko undi wari ugiye kwiyahura bamuca mu ngoyi [baramutabara] ubu ubuzima bwe bugeze ahabi, uwo twaramubajije we atubwira ko ari inzara.” Uwamahoro, ukomoka muri DR Congo, avuga ko inzara imeze nabi, ati: “Bigendanye n’ibiciro byo ku isoko, inzara yishe abantu cyane. Igiceri cy’ijana ku munsi nawe urumva ko kitatunga umuntu.” Ishami rya ONU/UN rishinzwe ibiribwa ku isi, WFP/PAM rivuga ko kugabanya inkunga yagenerwaga impunzi gabanuka byatewe n’uko “abaterankunga bahagaritse inkunga zabo kubera Covid”. Umuvugizi wa WFP mu Rwanda, Emily Fredenberg, yabwiye BBC ko n’ubu bagishakisha inkunga mu mahanga, ko hari iyo bahawe na Leta ya Canada “yatumye WFP itagabanya kurushaho imfashanyo”. Ati: “Twizeye ko mu mezi ari imbere tuzabona inkunga ihagije yatuma twongera ibihabwa impunzi nanone…” Leta y’u Rwanda ivuga yo ko nk’igihugu cyakiriye impunzi – ubu zirenga 100,000 – izifasha gukora imishinga yo kwiteza imbere no kubaho byo ‘kwigira’ nk’uko bimeze ku bandi benegihugu. Inkambi ya Gihembe irimo abarenga 12,000 biganjemo abakomoka muri DR Congo. Uruzinduko rwa Filippo Grandi ukuriye ishami rya UN ryita ku mpunzi UNHCR ategerejwemo i Kigali mu mpera z’iki cyumweru rwitezweho gutanga umurongo na bimwe mu bisubizo ku byibazwa n’izi mpunzi. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV
Related



