Umujyi wa Kindu (Maniema) wasezeye bwa nyuma abantu bane bo mu nzego z’umutekano, barimo abasirikare n’abapolisi ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bishwe mu mirwano yabaye ku wa Kane, itariki ya 14 Kanama, yabahuje n’inyeshyamba za Wazalendo. Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 20 Kanama, Guverineri w’Intara, Mussa Kabwankumbi Moïse, ni we wayoboye umuhango wo gushyingura.
Guverineri Mussa Kabwankumbi yagize ati: “Aba bahungu b’intwari ba Repubulika batanze ubuzima bwabo kugira ngo Kindu itagwa mu kajagari. Igitambo cyabo ntikizaba impfabusa.”
Guverineri kandi yaboneyeho umwanya wo kwiyambaza byihutirwa abaturage. Yasabye abaturage gukorana bya hafi n’inzego z’umutekano kugira ngo bagarure amahoro muri iyo ntara. Yagaragaje ko isaha yo gutahiraho, guhera saa 20h30 kugeza saa kumi n’imwe za mugitondo, yakomeza gukurikizwa.
Umubare w’abantu bapfiriye muri iyo mirwano, wagaragajwe na guverineri, ni abantu icyenda, icumi bakomeretse, na cumi na babiri batawe muri yombi.
Ku itariki ya 14 Kanama, Ingabo za FARDC n’itsinda ry’inyeshyamba za Wazalendo barwaniye mu Mujyi wa Kindu rwagati, biba ngombwa ko abayobozi bafata ingamba nyinshi nyuma y’iki kibazo. Muri izo ngamba harimo isaha yo gutahiraho yatangiye gushyirwa mu bikorwa guhera ku itariki ya 14 Kanama hamwe no gukorana bya hafi na ba Nyumba Kumi kugirango hamenyekane ibikorwa byose biteye amakenga.




