Nyuma y’ikirego cyatanzwe na komisiyo yigenga y’amatora yigenga (Ceni) abapolisi bataye muri yombi agatsiko k’abantu bakoraga amakarita y’itora y’amahimbano i Kinshasa. Aba ni umusivili wakoraga nk’umukozi w’igihe gito muri CENI n’abapolisi batatu. Aya makuru yatanzwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 28 Ugushyingo n’ishami ry’itumanaho rya CENI.
Abantu batawe muri yombi ni: Brigadier Nzuzi Kinzunga Djoly, Séraphin Muanda Muangala na Gloire Mbala Luyeye, bose uko ari batatu ni abapolisi n’umusivili witwa Papy Niati Mpolo, inzobere mu bijyanye n’ikoranabuhanga.
Uburyo aba bantu bakoragaikurikira:
1. Abapolisi batatu bavuzwe haruguru, batawe muri yombi hamwe na Papy Niati Mpolo, bakoraga nk’abahuza bashinzwe gushaka abashaka amakarita mashya y’itora cyangwa kopi.
2. Ubwo bageraga aho basabira kopi y’ikarita y’itora, cyangwa ku bantu batiyandikishije mu gihe cyo kwiyandikisha kw’abatora bifuza kubona ikarita, abapolisi bahitaga bihutira kwakira imyirondoro y’abasaba amakarita.
3. Ku mubare w’amafaranga yasabwaga abahohotewe, Papy Niati Mpolo, umuyobozi w’agatsiko, yakiraga 10,000 FC.
4. Iyo ubusabe bw’ikarita bwamaraga kwandikwa hifashishijwe abantu bamwe bagize uyu aka gatsiko, barimo abapolisi bamwe babigizemo uruhare, Papy Niati Mpolo yatangaga, bukeye bwaho, ikarita y’impimbano kandi akayitangira aho komisiyo ikorera bityo ntihagire upfa gukeka ko ahawe ikarita y’igicupuri.
5. Ibikoresho byafashwe byakoreshwaga n’aba bantu birimo imprimantes zakoreshejwe na CENI mu 2017, mudasobwa n’icyitegererezo cy’ikarita yitora yateguwe kandi yashyizwemo mbere.
Umuyobozi w’agatsiko yahinduraga gusa amakuru areba uwasabye ikarita mu kanya nk’ako guhumbya.
Ikigo cy’amatora kigaragaza ko abatora bose bitwaje ayo makarita y’ibinyoma, yakozwe hakoreshejwe uburyo bw’uburiganya, batazashobora gutora ku itariki ya 20 Ukuboza.



