Mu gihe hakomeje gutekerezwa ku gucyura impunzi z’Abanyekongo ziri mu bihugu by’ibituranyi birimo u Rwanda, u Burundi na Uganda, mu Nama ya 76 ya Komite Nshingwabikorwa y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi iteraniye i Geneve kuva kuri uyu wa Mbere, itariki 6 kugeza ku ya 10 Ukwakira 2025, Repubulika ya Demokarasi ya Congo yashimangiye ko izi mpunzi, cyane cyane iziri mu Rwanda, zidashobora gutaha mu bice bikigenzurwa na AFC/M23.
Minisitiri w’umutekano, kwegereza abaturage ubuyobozi n’ibibazo by’umuco, Jacquemain Shabani yagize ati:
“Gutahuka ku bushake kandi byateguwe ku mpunzi z’Abanyekongo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, cyane cyane mu turere turimo kwigarurirwa na AFC / M23, ntibishobora gukorwa hatabanje guhagarika imirwano, kugarura ubutegetsi bwa Leta, no kugenzura ubwenegihugu bw’abashaka gutahuka kugira ngo uko kugaruka kwemerwe.”
Kuri Kinshasa nk’uko iyi nkuru dukesha Actualite.cd ivuga, ngo uku gutaha ku bushake bigomba kuba birimo impunzi z’Abanyekongo zose ziri mu bihugu icyenda byose bituranye na DRC, aho umubare munini w’abari mu buhungiro uri muri Uganda, bivugwa ko yakiriye impunzi zirenga 600.000 z’Abanyekongo.
Komite Nshingwabikorwa ya Gahunda ya Komiseri Mukuru (ExCom) iterana rimwe mu mwaka i Geneve kugira ngo isuzume kandi yemeze gahunda n’ingengo y’imari ya UNHCR, igatanga ibitekerezo ku bibazo byo kurengera impunzi, kandi ikaganira ku bindi bibazo bitandukanye na UNHCR hamwe n’abafatanyabikorwa ba guverinoma ndetse n’imiryango itegamiye kuri Leta.
Komite Ihoraho ya Komite Nshingwabikorwa iterana inshuro nyinshi mu mwaka kugira ngo ikurikirane imirimo ya Komite Nshingwabikorwa mu nteko rusange.
Izi nama zije nyuma y’amezi atatu nyuma yo gushyira umukono ku masezerano hagati y’impande eshatu; Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), u Rwanda, na UNHCR. Aya masezerano yashyizweho umukono i Addis Abeba kugira ngo yorohereze impunzi gutaha ku bushake. Aya masezerano agamije gutangiza inzira yo gutahuka mu mutekano kw’impunzi z’Abanyarwanda ziri muri DRC n’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda.




