Kirehe: Polisi yarashe imfungwa eshanu

Polisi y’igihugu ikorera mu Murenge wa Nyarubuye mu ho mu Karere ka Kirehe mu Burasirazuba bw’u Rwanda, yarashe imfungwa eshanu zari zageragezaga gutoroka gereza.

Byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Mata 2021.

Amakuru avuga ko izi mfungwa uko ari eshanu zagerageje gutoroka ubwo zari zigiye gukaraba, abapolisi bari babarinze bahita bazirasa.

Inkuru y’iraswa ry’izi mfungwa yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Kabera John Bosco, wavuze ko amakuru y’ibanze yagaragaje ko ziriya mfungwa zashatse gutoroka ubwo abapolisi bazihaga amazi yo gukaraba.

CP Kabera yakomeje agira ati: “Binjijemo [muri gereza] amazi rero abandi bahita basohoka bariruka, abapolisi barasa hejuru abandi baranga, nibwo barashemo abo batanu.”

CP Kabera yavuze ko inzego zibishinzwe zatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane ukuri kuri kuri ririya raswa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *