KNC yarahiriye kwirukana ‘inkozi z’ibibi’ zose atunze muri Gasogi United

Perezida w’Ikipe ya Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles ‘KNC’, yatangaje ko bitarenze saa munani z’igicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri hari abakinnyi ari bwirukane kubera kugurisha imikino no kugambanira ikipe ye.

KNC yabitangarije kuri Televiziyo ye ya TV2 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 02 Gicurasi, ubwo yari mu kiganiro Rirarashe akorana na mugenzi we Mutabaruka Angelbert.

Muri iki kiganiro KNC yashinje bamwe mu bakinnyi b’ikipe ye gutanga amanota mu mikino imwe n’imwe; ikaba imwe mu mpamvu Gasogi United imaze imikino icyenda yikurikiranya ya shampiyona itazi uko amanota atatu asa.

Iyi kipe iheruka kubona amanota atatu ubwo yatsindaga Gorilla FC ibitego 2-1 mu ntangiriro za Gashyantare uyu mwaka.

Hari amakuru avuga ko abakinnyi ba Gasogi United bamaze amezi abiri batazi uko umushahara usa ku mpamvu z’ibyiswe ikibazo cy’amikoro.

Ni amakuru Kakooza yemeje, avuga ko ari we wafashe icyemezo cyo kuba akupiye abakinnyi b’Ikipe ye imishahara ku bwo kuyigambanira.

Ni KNC wibukije ko Gasogi United iha abakinnyi bayo agahimbazamusyi kari hagati ya Frw 100,000 na Frw 200,000; bikayigira iya mbere mu Rwanda mu zitanga agahimbazamusyi gatubutse.

Yavuze ko hejuru y’ibi hari bamwe mu bakinnyi batanyurwa bikarangira bishyize mu mwanda wo gutanga amanota ndetse no kugurisha imikino.

Yatanze urugero rw’imikino irimo uwo Gasogi United yanyagiwemo na Etincelles FC ibitego 5-1, uwo yatsinzwemo na Rayon Sports ibitego 2-1, uwo yanganyijemo n’amakipe ya Rutsiro FC na Rwamagana City ibitego 2-2 ndetse n’uwo yatsinzwemo na Mukura VS na Rutsiro FC ibitego 2-1; avuga ko ibyayivuyemo hari abakinnyi babyihishe nyuma.

Ati: “Mwabonye ibyabaye ku mukino wa Etincelles FC. Mwarabibonye, ku buryo umuntu arekura ibitego bine mu minota 10 kugira ngo agere ku mwanda we. Mujye mwumva agahinda mudutera. Mwabonye ibyabaye ku mukino wa Rayon Sports, abantu bamwe bigusha nk’aho ari ibishashi bajugunye, abandi mubona ukuntu bikoresha comedie batanga ibitego bidasobanutse.”

“Mwabonye ibintu byabaye ku mukino wa Rutsiro, umuntu ahiga undi kugira ngo penaliti iboneke. Tutagiye kure, mwabonye ibyabaye ku mukino wa Rwamagana aho myugariro ashobora gufata umupira, agacunga bagenzi be bazamutse akawucomekamo hagati. Mwabonye ibyabaye ku mukino wa Mukura, iyo ni imikino ingahe? Hari ukuntu ubibona ariko ugaceceka ngo amakuru nayabuze, ariko ndabona harimo ikintu.”

KNC yasobanuye ko nko mu mukino Gasogi United yanyagiriwemo na Etincelles FC i Rubavu ibitego 5-1, hari umukinnyi wari warasabye abatoza kutazongera kumukinisha gusa biba ngombwa ko bamwitabaza kuko hari abari bagiye mu bukwe bwa mugenzi wabo Ndabarasa Trésor.

Yavuze kandi ko mbere y’uyu mukino hari umwe mu bakinnyi yaganirije amusaba byibura kwihagararaho kigabo; gusa bikarangira undi asabye bagenzi be kwitsindisha yitwaje ko ari we ngo wari wamutumye.

KNC yavuze ko abakinnyi bajya bagambanira ikipe ye bose abazi; arahira ko agomba kubirukana.

Ati: “Bakunzi ba Gasogi, muraza kumva bamwe mu bakinnyi tugiye kwirukana kubera impamvu zo kwishyira mu mwanda wo gutanga amanota na ‘fixing’.”

KNC yavuze ko bitarenze saa munani zo kuri uyu wa Kabiri ari bube yamaze gufata iki cyemezo, atitaye ku kuba abari bwirukanwe baba ari ab’amazina aremereye cyangwa bafite amasezerano.

Yunzemo ko ingingo ya 18 y’amasezerano Gasogi United iha abakinnyi bayo isobanura neza ko umukinnyi wese winjira mu bikorwa bigambanira ikipe agomba “kwirukanwa nta nteguza”, bityo iyo ngingo ikaba imurengera.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *