Leonce Ngendakumana yunze mu rya Bagaza J.Baptiste, ko abasirikare ibihumbi 5 ba UA bakwiye kwinjira ku ngufu

Mu gihe Leta y’u Burundi ikomeje gutsimbarara yanga ko ingabo za UA zoherezwa mu gihugu guhagarika ubwicanyi, bamwe mu banyapolitiki mu Burundi bakomeje gusaba izi ngabo kuza vuba ndetse ko bidakwiye ko zizategereza umunsi Leta y’u Burundi izaba yazemereye, ko zikenewe cyane ngo zihagarike ubwicanyi.
Ibi byashimangiwe na Leonce Ngendakumana, Umuyobozi w’ishyaka ADC Ikibiri, uvuga ko ingabo za Afurika Yunze Ubumwe(AU) zidakwiye gutegereza itegeko rizatangwa na Leta ya Nkurunziza rizemerera kwinjira mu gihugu, ko zikenewe vuba ndetse ko ariwo muti mwiza wahagarika amabi arimo gukorwa muri iki gihugu.

Léonce Ngendakumana

Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Bujatoday cyo mu Burundi, ngo ibi kandi byongeye gushimangirwa n’abandi banyapolitiki nka Domitien Ndayizeye na Jean Baptiste Bagaza wigeze no kuba Perezida w’u Burundi, bose bakaba bemeza ko nta wundi muti wahagarika ubwicanyi vuba uretse kohereza ingabo z’amahanga vuba na bwangu.
Ibi aba banyapolitiki basaba ntabwo babyemeranyaho n’ubuyobozi buriho i Burundi, dore ko na Perezida Nkurunziza avuga ko izi ngabo zidakenewe mu gihugu cye.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo 30/12/2015, Perezida Nkurunziza w’u Burundi yatangaje ko Leta y’u Burundi idakeneye izi ngabo za UA, ko umutekano muke uri mu gihugu ubwabo bazawushakira umuti, ndetse ko nizinjira ku ngufu ruzambikana.
Yagize ati: “Yagize ati:”Buri wese akwiye kubaha imipaka y’Uburundi, mu gihe ingabo za UA zaje zizaba ziteye Uburundi, …Buri Murundi wese arasabwa guhaguruka akazirwanya“.
Ibi kandi Nkurunziza yongeye kubishimangira ubwo yakuriraga inzira ku murima intumwa za Loni zari mu ruzinduko mu Burundi mu mpera z’iki cyumweru, Perezida Nkurunziza akaba yazitangarije ko nta ngabo y’amahanga ikenewe mu Burundi kuko igihugu gifite umutekano usesuye.
Ku batavuga rumwe na Leta iriho mu Burundi, ngo kuba Perezida Nkurunziza akomeje kwanga ingabo za UA babifata nko kugambanira abaturage dore ko nta cy’umwru gishira abantu batishwe mu mihanda no mu bindi bice bya Bujumbura, nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Reuters.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *