Leta ya Vladimir Putin yateye utwatsi Amerika yayisabaga kugabanya intwaro za kirimbuzi

Leta y’Uburusiya yateye utwatsi Leta zunze ubumwe za Amerika ku ngingo y’ibiganiro yabusabaga byo kwigira hamwe uburyo Uburusiya bwagabanya intwaro z’ubumara ( Arsenal nucléaire ).
Nk’uko byatangajwe na Visi-Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’Uburusiya, Sergue௠Riabkov, ngo Leta y’Uburusiya ntishobora kwitabira ibiganiro Amerika ibusabamo kugabanya intwaro z’ubumara.
Yatangaje ko ari ibidashoboka, ati: “Icyo tugezeho ni ku ngingo cyangwa ku biganiro bya babiri (R usso-Américains ) kuri iyo ngingo ni ibidashoboka ku bw’impamvu nyinshi kandi zitandukanye”.
Sergue௠Riabkov yakomeje avuga ko Uburusiya bwagabanyije intwaro z’ubumara kugera mu myaka ya za 60, ati: “ikibazo kigomba kumvikana, si kuri Washington gusa ahubwo ni no ku miryango mpuzamahanga igitsimbaraye, yirengagiza ibikorwa, ikazana ibyo kugabanya intwaro z’ubumara”.

Serguei-Riabkov
Sergue௠Riabkov

Uyu muminisitiri atangaje aho Uburusiya buhagaze, mu gihe umuvugizi muri Maison Blanch, Josh Earnest ari we wari watangaje ko Washington ihamagarira Uburusiya kwitabira ibiganiro byo kwigira hamwe uburyo bagabanya intwaro z’ubumara.
Amarika n’Uburusiya nk’ibihugu by’ibihangage hashize igihe bivugwa ko birebana ay’ingwe, ndetse ko isaha ku isaha bishobora kwerura bagakozanyaho.
Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Le Point , Intambara irimo kubera muri Siriya ngo yara ifitanye isano no gupimana imbaraga hagati y’u Burusiya na USA ndetse ko mu gihe yaba ikomeje ishobora guteza isi yose ibibazo hakaba hakoreshwamo intwaro za kirimbuzi.
bombe
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/Bwiza.com
 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *