Guhera saa cyenda za mugitondo kuri uyu wa Gatanu, itariki 6 Ukuboza 2024 imirwano yakomeje muri Teritwari ya Lubero hagati y’inyeshyamba za M23 n’Ingabo za Congo zishyigikiwe na Wazalendo.
Imirwano iravugwa hagati ya Hutwe na Kivako ku muhanda wa Kaseghe_Matembe nk’uko amakuru aturuka muri ibi bice atangazwa n’ibinyamakuru byo muri Congo nka Kivu Morning Post ivuga.
Ejo, kuwa Kane, byibuze abasivili babiri bapfiriye mu mirwano mu gace ka Kavingu / isoko rinini rya kaseghe nyuma y’igisasu cyahaguye. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, urusaku rw’imbunda nto n’iziremereye zumvikanye muri ako karere ku munsi wa gatanu wikurikiranya w’imirwano.
Kuva ku wa Mbere ushize, urujya n’uruza ku muhanda wa Lubero-Kirumba-Kanyabayonga wakomeje gufungwa nyuma y’iyi mirwano ikomeje imaze iminsi itanu.
Muri iyi minsi 5 y’imirwano ikaze, nta kintu na kimwe kiratangazwa na Guverinoma ya Kinshasa ku mirwano ikomeje kugaragara muri kariya gace k’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.



