20250206_180559

M23 yaciye amarenga yo gufata Bukavu

Umutwe wa M23 ku wa Mbere tariki ya 10 Gashyantare waciye amarenga y’uko ugomba kujya gufata Umujyi wa Bukavu wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu rwego rwo kurinda abaturage baho bakomeje gukorerwa ubwicanyi n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC.

Uyu mutwe wabitangaje biciye mu muvugizi wawo mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka.

Ni nyuma y’uko mu cyumweru gishize ingabo za RDC zishe abantu babarirwa mu icyenda nyuma yo kubasanga muri kamwe mu tubari two mu mujyi wa Bukavu zikabarasa.

Usibye ubu bwicanyi, ingabo za Leta zinashinjwa kuba zimaze iminsi zisahura abaturage bo muri uyu mujyi, ibyanatumye abaturage baziha igihe ntarengwa cyo kuba zamaze kuhava.

M23 ku wa Mbere, yasabye ko ibyaha bikomeje gukorerwa i Bukavu bihagarara, bitaba ibyo ikajya gufata uriya mujyi mu rwego rwo kurinda abaturage bawutuye.

Yagize iti: “AFC/M23 yumvise imiborogo y’abaturage b’abasivile muri Bukavu, aho FARDC n’abambari babo bakomeje gukorera abaturage amahano atavugwa, arimo ubwicanyi no gusahura byateguwe. Ibi byaha bigomba guhita bihagarara, nibitaba ibyo tuzatabara mu rwego rwo kurinda abanye-Congo.”

Amakuru avuga ko kuri ubu M23 iri mu bilometero bike uvuye mu mujyi wa Bukavu, aho mu cyumweru gishize yigaruriye Centre z’igenzi zirimo iya Nyabibwe na Kalehe, nyuma yo kuzirukanamo ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Congo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *