1071258584_0_0_2729_2047_1920x0_80_0_0_f6d90cf2800412031941f553d879080b

M23 yafashe ikibuga cy’indege cya Nzibira yerekeza kuri Teritwari ya Shabunda

Abarwanyi ba M23 baraye bigaruriye agace k’ingenzi ka Nzibila n’ikibuga cy’indege cyaho cyakoreshwaga na FARDC, mu gihe bakomeje kwerekeza ku cyicaro cya Teritwari ya Shabunda nyuma y’imirwano yadutse kuva kuwa Kane, itariki ya 7 Kanama 2025 muri Teritwari ya Walungu, Intara ya Kivu y’amajyepfo.

Iyi mirwano yatumye abaturage baho bahunga ku bwinshi, ndetse ikwirakwiza ubwoba mu midugudu myinshi yo mu karere. Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, imirwano yakurikiye igitero gikomeye cyagabwe ku itariki ya 7 Kanama na M23 ku birindiro by’imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo.

Ibi bitero byemezwa ko M23 yakoreshejemo za drones byibasiye cyane cyane imijyi ya Cagala, Murali, Mwirama, na Nzibira, bituma imiryango amagana ihungira i Budodo, Cisaza, na Mugaba kugira ngo babone umutekano.

Abarwanyi ba M23 bafashe Nzibira, iherereye muri Teritwari ya Shabunda ikungahaye ku mabuye y’agaciro nyuma yo kwigarurira Kaniola n’ibindi bice muri Teritwari ya Walungu. Ubu amakuru avuga ko barimo kwerekeza ku cyicaro cya Teritwari ya Shabunda.

Abakurikiranira hafi iterambere rya M23 batangarije Bwiza ko irimo kwerekeza ahitwa Ihombo, aho ishobora kuva yerekeza Lubutu ku marembo ya Kisangani.

Biravugwa ko M23 yakoresheje indege zitagira abapilote mu gutera centre ya Kaniola ndetse n’ahacujurwa amabuye y’agaciro muri Ntula, bituma byibura abantu icumi bapfa kandi hakomereka benshi.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *