440e3450-df3f-11ef-bd1b-d536627785f2.jpg (1)

M23 yahishuye umubare w’abasirikare ba Leta imaze kurekura

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko umaze kurekura abasirikare barenga 12,000 bari mu barwanaga ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Imibare itangwa na Guverineri wungirije wa Kivu y’Amajyaruguru, Ngarambe Manzi Willy, yerekana ko mu bo AFC/M23 yarekuye nk’imfungwa zo ku ruhande rwa Leta yari ifite harimo abacanshuro babarirwa mu 3,000 b’abanya-Roumania babaga mu mujyi wa Goma.

Barimo kandi ababarirwa mu 8,000 bo mu bihugu bya Afurika y’Epfo, Tanzania na Malawi bari mu butumwa bwa SAMIDRC; mbere yo gutsindirwa mu mirwano yasize ingabo za M23 zifashe Goma muri Mutarama uyu mwaka.

Abandi ni abasirikare bo mu ngabo za Congo Kinshasa (FARDC) n’ababafashaga 1,400 batsindiwe i Goma.

AFC/M23 n’ubwo yarekuye bariya basirikare bose, ku ruhande rwayo ivuga ko nta mfungwa n’imwe leta ya Kinshasa irerekura.

Uyu mutwe wishyuza Kinshasa imfungwa zibarirwa muri 700 zirimo abanyapolitiki, abasirikare n’abandi bantu bafitanye isano n’abawugize ifunze yita ibyitso.

Inyandiko y’amahame ngenderwaho aganisha ku guhagarika intambara impande zombi ziheruka gusinyira i Doha muri Qatar, yerekana ko impande zombi mu byo zumvikanye harimo kuba buri ruhande rugomba kurekura imfungwa z’urundi; nk’imwe mu ngamba zirema icyizere.

Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Bonimpa, aheruka kwerurira itangazamakuru ko Kinshasa nitarekura imfungwa zo ku ruhande rw’inyeshyamba ifite uriya mutwe utazitabira icyiciro cya gatandatu cy’ibiganiro biteganyijwe kubera i Doha.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *