20240904102723000000_1

M23 yakuriye inzira ku murima Amerika na EU

Umutwe wa M23 watangaje ko udashobora kuva mu mujyi wa Masisi wo muri Kivu y’Amajyaruguru uheruka kwigarurira, bitandukanye n’ibyo usabwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Ku wa Kabiri tariki ya 7 Mutarama ni bwo Amerika na EU basohoye amatangazo asaba M23 guhagarika imirwano ndetse ikava “by’ako kanya” muri Centre ya Masisi igenzura kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.

Impande zombi zivuga ko ifatwa rya Masisi “ridindiza ubushake bwagaragajwe mu gushaka ibisubizo bishingiye ku mahoro” ku bibazo biri mu Burasirazuba bwa RDC.

M23 biciye mu muvugizi wayo wungirije, Oscar Barinda, yatangaje ko idashobora kuva muri Masisi kuko aka gace ari iwayo mu rugo.

Barinda yabwiye BBC ati: “Umuntu ntiyakwemera ko bamwica ngo bamurangize. [Masisi] ni kuri gakondo yacu, ayo mazina yose ni twe twayise, dufite uburenganzira bwo kuhaba. Ntabwo tuhava.”

Yashimangiye ko M23 irwana yirwanaho, kuko irwana isubiza ibitero by’ingabo za Leta ya RDC mbere yo kuzirukana ikigarurira uduce.

Ati: “Twe ntabwo dufata, twisanga ahantu ari uko baduteye. Ntabwo twavuye muri Sabyinyo ngo dufate Jomba tudatewe. Baduteye intumwa zacu zagiye i Kinshasa gushaka ibiganiro by’amahoro, intambara itangirira aho kugeza magingo aya.”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *