Umutwe wa M23 kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Ukwakira wisubije agace ka Ndete ko muri Teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’imirwano yawusakiranyije n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC.
Amakuru avuga ko M23 yigaruriye kariya gace nyuma yo kugaba igitero gitunguranye ku ngabo za Leta, mbere ya saa sita z’amanywa.
Ikinyamakuru ACTUALITE.CD kivuga ko amakuru gikura mu nzego z’umutekano ku ruhande rwa Leta yemeza ko iriya mirwano yasize hari abarwanyi barindwi b’imitwe ya Wazalendo irwana ku ruhande rwa Kinshasa bishwe.
Agace ka Ndete gasanzwe ari amasangano ya Groupement za Banyungu na Ufamandu II zo muri Teritwari ya Masisi, ndetse na Waloa Yungu na Waloa Uroba zo muri Teritwari ya Walikale.
Abarwanyi ba Wazalendo bari bakigaruriye mu byumweru bibiri biri imbere.
Kuba M23 yongeye kukisubizamo biyiha amahirwe yo gukomereza mu mijyi mito ya Kimua, Ntoto na Busurungi isanzwe ifatwa nk’uduce tw’ingenzi cyane muri Komine ya Walikale.




