Urukiko rukuru i Lilongwe n’i Blantyre muri Malawi habura amasaha make, ku mugoroba wo kuwa kabiri zatangaje ibyemezo byo guhagarika ishyirwa mu bikorwa ry’icyemezo cya leta cyo gusubiza mu nkambi impunzi zirimo Abanyarwanda, Abanye-Congo n’Abarundi ziba hanze y’inkambi. Izi nkiko zatangaje ibi mu gihe haburaga igihe kibarirwa ku masaha ngo itariki ntarengwa [28/04/2021] izi mpunzi zahawe igere, izitarasubirayo “hagakoreshwa imbaraga zikenewe”. Ikinyamakuru Malawi24 kivuga ko leta yari yamaze kohereza abapolisi mu bice bitandukanye by’igihugu gushyira mu bikorwa umwanzuro wa leta uyu munsi kuwa gatatu. Inyandiko y’urukiko rukuru rwa Lilongwe BBC dukesha iyi nkuru yabonye, yanzura ko icyemezo leta yafashe kitavanyweho ariko “kiba gihagaritswe mu gihe ubucamanza buri kugisuzuma”. Inyandiko y’umwanzuro w’urukiko rukuru rwa Lilongwe ivuga ko urubanza rwo kwiga ku mwanzuro wa leta n’ikirego cy’impunzi rugomba kuba mu gihe cy’iminsi 21. Mu ntangiriro z’uku kwezi leta yasohoye itangazo rivuga ko “ku mpamvu z’umutekano impunzi zose ziba hanze y’inkambi” zigomba gusubira kuba mu nkambi, bitaba ibyo hagakoreshwa ingufu. WASOMA: http://bwiza.com/?Ubwoba-bwatashye-mu-mpunzi-z-Abanyarwanda-baba-mu-mijyi-yo-muri-Malawi Impunzi hagati y’urupfu n’umupfumu Mu ibaruwa izi mpunzi zandikiye Leta ya Malawi mu cyumweru gishize, zasabaga leta kudasubizwa mu nkambi ya Dzaleka, iri muri 40Km uvuye i Lilongwe, kubera impamvu zirimo: Ubucuruzi bwabo n’imirimo bitahita bwimurwa mu minsi 14 yari yatanzwe, Kuba bamwe barashyingiranye bakanabyarana n’abaturage ba Malawi, Kuba inkambi ya Dzaleka yuzuye cyane bityo abandi batabona aho bajya… n’ibindi. Ku rundi ruhande ariko, itegeko rigenga impunzi muri Malawi ritegeka ko zose zigomba kuba mu nkambi, ariko ababarirwa mu bihumbi bamaze imyaka myinshi baba kandi bakorera ibyabo mu mijyi nka Lilongwe, Blantyre cyangwa Mzuzu. Ikinyamakuru Malawi24 kivuga ko Minisitiri w’umutekano, Richard Chimwendo Banda avuga ko icyemezo cy’urukiko gishobora gushyira mu kaga ubuzima bw’impunzi. Ibi bigaragaraza ko Leta ya Malawi ititeguye kumva impamvu y’izi mpunzi kuri ubu zisa n’izabuze icyo zakora, bamwe BWIZA ikaba ifite amakuru ko batangiye kwerekeza muri Mozambique, nayo itorohewe n’intambara. Inkambi ya Dzaleka yagenewe kwakira abantu 10,000 ubu icumbikiye abarenga 46,000 (UNHCR: ukwa 08/2020); Abanyecongo hafi 30,000, Abarundi barenga 10,000, Abanyarwanda barenga 6,000, abandi barimo Abasomali n’abakomoka ahandi. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



